Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bibukijwe indangagaciro z’ubutwari

Muramutsa Etienne umwe mu batanze iki kiganiro yabanje gusobanurira abitabiriye amateka y’ibyarangaga intwari mberere y’ubukoroni na nyuma y’ubukoroni aho mbere y’ubukoroni habagaho gushimira ababaye intwari ariko muri ibyo bihe hakaba haribandwaga ku bakoze ibintu bidasanzwe ku rugamaba, aho habagaho imidari ari yo umudende,impotore no gucana uruti. Umudende wahabwaga uwishe ababisha 7, impotore igahabwa uwishe ababisha 14 naho gucana uruti byakorerwaga uwivuganye ababisha 21 ku rugamba.

Yakomeje asobanurira abitabiriye ikiganiro ubutwari bwaranze Abanyarwanda nyuma y’ubukoroni.  Aha yasobuye cyane ku byiciro bitatu by’intwari dufite kugeza uyu munsi ari byo Imanzi, Imena n’Ingenzi, asobanura ibiranga buri cyiciro ndetse n’ intwari ziri muri buri cyiciro.

Twagirayezu Yves waje ari umushyitsi mukuru yasobanuye ko ubutwari kuri ubu butagaragarira mu ntambara gusa, ahubwo ko bugaragarira mu byiciro bitatu bibumbatiye indangagaciro remezo ari byo: ubumwe, umurimo no gukunda igihugu. Yibukije abitabiriye ikiganiro ko gusubiramo ibigwi n’indangaciro byaranze intwari bifasha urubyiruko by’umwihariko kuzifatiraho urugero bityo bakazagenza nka bo cyangwa bagakora ibyiza kurushaho.

CP John Bosco Kabanda wari uhagarariye Umuyobozi Mukuru wa RCS muri iki kiganiro yibukije abakozi ko ubutwari buharanirwa kandi busigasirwa asobanura ko ari yo mpamvu abantu bose bataba intwari bityo ko hari n’abashobora gushyirwa mu cyiciro cy’ubugwari mu gihe nta ndangagaciro ziranga Abanyarwanda bagira.

Abakomiseri, abofisiye bakuru n’abofisiye bato bari bitabiriye ikiganiro cyasobanuraga indangagaciro z’ubutwari.

Iki kiganiro cyitabiriwe n’abakozi bose bakorera ku cyicaro gikuru cya RCS.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

1 month ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

1 month ago

This website uses cookies.