Muramutsa Etienne umwe mu batanze iki kiganiro yabanje gusobanurira abitabiriye amateka y’ibyarangaga intwari mberere y’ubukoroni na nyuma y’ubukoroni aho mbere y’ubukoroni habagaho gushimira ababaye intwari ariko muri ibyo bihe hakaba haribandwaga ku bakoze ibintu bidasanzwe ku rugamaba, aho habagaho imidari ari yo umudende,impotore no gucana uruti. Umudende wahabwaga uwishe ababisha 7, impotore igahabwa uwishe ababisha 14 naho gucana uruti byakorerwaga uwivuganye ababisha 21 ku rugamba.
Yakomeje asobanurira abitabiriye ikiganiro ubutwari bwaranze Abanyarwanda nyuma y’ubukoroni. Aha yasobuye cyane ku byiciro bitatu by’intwari dufite kugeza uyu munsi ari byo Imanzi, Imena n’Ingenzi, asobanura ibiranga buri cyiciro ndetse n’ intwari ziri muri buri cyiciro.
Twagirayezu Yves waje ari umushyitsi mukuru yasobanuye ko ubutwari kuri ubu butagaragarira mu ntambara gusa, ahubwo ko bugaragarira mu byiciro bitatu bibumbatiye indangagaciro remezo ari byo: ubumwe, umurimo no gukunda igihugu. Yibukije abitabiriye ikiganiro ko gusubiramo ibigwi n’indangaciro byaranze intwari bifasha urubyiruko by’umwihariko kuzifatiraho urugero bityo bakazagenza nka bo cyangwa bagakora ibyiza kurushaho.
CP John Bosco Kabanda wari uhagarariye Umuyobozi Mukuru wa RCS muri iki kiganiro yibukije abakozi ko ubutwari buharanirwa kandi busigasirwa asobanura ko ari yo mpamvu abantu bose bataba intwari bityo ko hari n’abashobora gushyirwa mu cyiciro cy’ubugwari mu gihe nta ndangagaciro ziranga Abanyarwanda bagira.
Abakomiseri, abofisiye bakuru n’abofisiye bato bari bitabiriye ikiganiro cyasobanuraga indangagaciro z’ubutwari.
Iki kiganiro cyitabiriwe n’abakozi bose bakorera ku cyicaro gikuru cya RCS.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.