Igituntu ni indwara yica vuba ariko kandi ikaba yavurwa igakira iyo imenyekanye hakiri kare kuko imiti yayo iboneka ariko iyo ndwara ikaba yandura cyane ku hantu hari abantu benshi bitewe nuko yandura inyuze mu mwuka, yagera ahantu hari abantu benshi igakwirakwira cyane akaba ariyo mpamvu mu magororero hitabwaho cyane bitewe n’umubare munini uba urimo kugirango hirindwe ahantu hose ikintu cyose cyatwara ubuzima bw’abantu benshi.
Abamaze guhabwa ubuvuzi bwa x-Ray machine kugeza ubu ni 741nibo bamaze guhabwa ubu bufasha, aho biteganyijwe ko abagororwa bose bari muri iryo Gororero bazabubona kugira ngo barebe ababa baramaze gufatwa nabwo kandi abo basanze bafite ibibazo bahita bahabwa ubutabazi bwihuse bakitabwaho n’abaganga b’inzobere kuri ubwo burwayi kugira ngo iyo ndwara idakomeza gukwirakwira akaba yafata imbaga nyamwinshi.
Si ubwa mbere ibikorwa nk’ibi byo kuza gupima indwara y’igituntu ndetse n’izndi ndwara zirimo ibihaha mu magororero kubufatanye n’ibitaro bitandukanye ndetse n’ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda RBC, hagamijwe gukumira indwara zitandukanye zatwara ubuzima bw’abanyarwanda.
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
This website uses cookies.