Igituntu ni indwara yica vuba ariko kandi ikaba yavurwa igakira iyo imenyekanye hakiri kare kuko imiti yayo iboneka ariko iyo ndwara ikaba yandura cyane ku hantu hari abantu benshi bitewe nuko yandura inyuze mu mwuka, yagera ahantu hari abantu benshi igakwirakwira cyane akaba ariyo mpamvu mu magororero hitabwaho cyane bitewe n’umubare munini uba urimo kugirango hirindwe ahantu hose ikintu cyose cyatwara ubuzima bw’abantu benshi.
Abamaze guhabwa ubuvuzi bwa x-Ray machine kugeza ubu ni 741nibo bamaze guhabwa ubu bufasha, aho biteganyijwe ko abagororwa bose bari muri iryo Gororero bazabubona kugira ngo barebe ababa baramaze gufatwa nabwo kandi abo basanze bafite ibibazo bahita bahabwa ubutabazi bwihuse bakitabwaho n’abaganga b’inzobere kuri ubwo burwayi kugira ngo iyo ndwara idakomeza gukwirakwira akaba yafata imbaga nyamwinshi.
Si ubwa mbere ibikorwa nk’ibi byo kuza gupima indwara y’igituntu ndetse n’izndi ndwara zirimo ibihaha mu magororero kubufatanye n’ibitaro bitandukanye ndetse n’ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda RBC, hagamijwe gukumira indwara zitandukanye zatwara ubuzima bw’abanyarwanda.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.