Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abahabwa serivisi y’ubutabera binyuze mu buhuza barayivuga imyato uburyo itanga ubutabera bwunga

Ni uburyo bwashizweho na Minisiteri y’ubutabera mu rwego rwo kwihutisha zimwe mu manza no kugabanya ubucucike mu magororero hirya no hino mu gihugu aho umushinjacyaha ahuza uwakoze icyaha n’uwagikorewe bakaganira hakabaho gusasa inzobe hagati yabo ibyo bemeranyije bikaba aribyo bizagera imbere y’umucamanza akabishingiraho afata imyanzuro biturutse kubwumvikane bagiranye, aho ashobora gutanga igihano gisubitse cyangwa agakuraho bimwe mu bihano byari byarahawe uwakoze icyaha biturutse ku busabe bwa nyirukugikorerwa.

Byiringiro Setora Leonce, uzira icyaha cyo gukoresha ibikangisho ari mubahawe ubu butabera ashima uburyo ari inzira nziza yo gukemura amakimbirane.

Yagize ati:”Nafunzwe nzira icyaha cyo gukoresha ibikangisho ku mubyeyi wanjye, kubera ko nari nanyweye ibisindisha ntaha nasinze mfata isuka nyikangisha mama mubwira ko mugirira nabi kubera atanguriye moto, ariko binyuze mu buhuza yaje hano duhabwa baraduhuza musaba imbabazi arazima ubu ndumva umutima wanjye wabohotse ndetse nasaba na bagenzi banjye kuyoboka iyi nzira kuko umumutimauruhuka kubera ko uhabwa imbabazi nuwo wakoreye icyaha murikumwe ibyo mwumvikanye umucamanza akazaba aribyo agenderaho kuko mwese muba mwabyumvikanyeho.”

Mukasekuru Dorcella umubyeyi wa Byiringiro waje muri serivisi y’Ubuhuza n’umwana we wari wamukoreye icyaha akoresheje ibikangisho nawe yishimiye iyi serivisi ubutabera bwashizeho.

Yagize ati” Navuga ko gutinda mu Igororero atariko kugororoka, iyo umuntu asabye imbabazi abyikuriye ku mutima akubwira ko yahindutse nawe umubabarira ubikuye ku mutima, ntawashimishwa nuko umwana we yahera mu Igororero yansabye imbabazi ndazimuha numva nanjye ndabohotse. Ndasoza nsaba abantu kwirinda kwihutira gufungisha umuntu waguhemukiye ahubwo bakagana serivisi y’ubuhuza kuko ituma muganira ku kibazo kigahabwa umurongo kuko gufungwa sibyo byahindura umuntu ahubwo ubuhuza nibwo buba bukwiriye ndetse bunatanga amahoro kurusha.”

Serivisi y’ubuhuza ku bakoze ibyaha n’abo babikoreye imaze igihe ikoreshwa mu magororero, aho uwakoze icyaha asaba bakamuhuza nuwo yagikoreye bakaganirizwa n’abakozi b’inkiko ibibazo byabo bakabicoca uwahemukiwe akemera gutanga imbabazi bigahabwa umugisha n’abakozi b’inkiko uwakoze icyaha igihano cye kigasubikwa agataha.

Abahawe serivisi y’ubuhuza barayivuga imyato kuko itanga ubutabera bwunga kubagiranye ibibazo.
Byiringiro na mama we Mukasekuru bari mubashima iyi serivisi y’ubuhuza kuko ituma habaho kubohokerana usaba imbabazi n’uzitanga bakabikora bibavuye ku mutima.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.