Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abahabwa serivisi y’ubutabera binyuze mu buhuza barayivuga imyato uburyo itanga ubutabera bwunga

Ni uburyo bwashizweho na Minisiteri y’ubutabera mu rwego rwo kwihutisha zimwe mu manza no kugabanya ubucucike mu magororero hirya no hino mu gihugu aho umushinjacyaha ahuza uwakoze icyaha n’uwagikorewe bakaganira hakabaho gusasa inzobe hagati yabo ibyo bemeranyije bikaba aribyo bizagera imbere y’umucamanza akabishingiraho afata imyanzuro biturutse kubwumvikane bagiranye, aho ashobora gutanga igihano gisubitse cyangwa agakuraho bimwe mu bihano byari byarahawe uwakoze icyaha biturutse ku busabe bwa nyirukugikorerwa.

Byiringiro Setora Leonce, uzira icyaha cyo gukoresha ibikangisho ari mubahawe ubu butabera ashima uburyo ari inzira nziza yo gukemura amakimbirane.

Yagize ati:”Nafunzwe nzira icyaha cyo gukoresha ibikangisho ku mubyeyi wanjye, kubera ko nari nanyweye ibisindisha ntaha nasinze mfata isuka nyikangisha mama mubwira ko mugirira nabi kubera atanguriye moto, ariko binyuze mu buhuza yaje hano duhabwa baraduhuza musaba imbabazi arazima ubu ndumva umutima wanjye wabohotse ndetse nasaba na bagenzi banjye kuyoboka iyi nzira kuko umumutimauruhuka kubera ko uhabwa imbabazi nuwo wakoreye icyaha murikumwe ibyo mwumvikanye umucamanza akazaba aribyo agenderaho kuko mwese muba mwabyumvikanyeho.”

Mukasekuru Dorcella umubyeyi wa Byiringiro waje muri serivisi y’Ubuhuza n’umwana we wari wamukoreye icyaha akoresheje ibikangisho nawe yishimiye iyi serivisi ubutabera bwashizeho.

Yagize ati” Navuga ko gutinda mu Igororero atariko kugororoka, iyo umuntu asabye imbabazi abyikuriye ku mutima akubwira ko yahindutse nawe umubabarira ubikuye ku mutima, ntawashimishwa nuko umwana we yahera mu Igororero yansabye imbabazi ndazimuha numva nanjye ndabohotse. Ndasoza nsaba abantu kwirinda kwihutira gufungisha umuntu waguhemukiye ahubwo bakagana serivisi y’ubuhuza kuko ituma muganira ku kibazo kigahabwa umurongo kuko gufungwa sibyo byahindura umuntu ahubwo ubuhuza nibwo buba bukwiriye ndetse bunatanga amahoro kurusha.”

Serivisi y’ubuhuza ku bakoze ibyaha n’abo babikoreye imaze igihe ikoreshwa mu magororero, aho uwakoze icyaha asaba bakamuhuza nuwo yagikoreye bakaganirizwa n’abakozi b’inkiko ibibazo byabo bakabicoca uwahemukiwe akemera gutanga imbabazi bigahabwa umugisha n’abakozi b’inkiko uwakoze icyaha igihano cye kigasubikwa agataha.

Abahawe serivisi y’ubuhuza barayivuga imyato kuko itanga ubutabera bwunga kubagiranye ibibazo.
Byiringiro na mama we Mukasekuru bari mubashima iyi serivisi y’ubuhuza kuko ituma habaho kubohokerana usaba imbabazi n’uzitanga bakabikora bibavuye ku mutima.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.