Categories: Amakuru ya RCSSlider

Dore impamvu abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare batsinda amasomo cyane

Uburezi butangirwa muri iri Gororero ry’abana rya Nyagatare ni ukuva ku mashuri abanza kugeza mu yisumbuye, hamwe n’imyuga itandukanye irimo ububaji, ubwubatsi, Ubusuderi, ubudozi no gutunganya imisatsi

Abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare bigishwa n’abakozi ba RCS bize uburezi.

Abana bagororerwa muri iri Gororero ry’abana rya Nyagatare bemeza ko uburyo bitabwaho cyanecyane kuganirizwa ari byo byatumye bongera gukunda ishuri kandi bari bararitaye. Umwe muri abo bana wiga mu mwaka wa kabiri mu yisumbuye yagize ati “bamwe twari twaranze ishuri twumva ko ntacyo rimaze twarongeye twumva ko ishuri ari cyo kintu gishobora gutuma tugira ejo hazaza heza kandi umuntu wese hano yiga afite intego, cyane ko hano twiga tugakora ibizamini nk’ibyabandi bose tukabona impamyabumenyi n’ikimenyimenyi hari abana ejobundi babonye buruse baziboneye hano kandi bari barataye ishuri.”

Yongeyeho ko “nubwo hari abo ababyeyi babo batabona ubushobozi bwo kutugeraho ariko RCS ikora ibishoboka byose bakadufasha bihagije ku buryo batajya batuma umwana yitekerezaho akaba yatsindwa kuko wenda yabuze ibikoresho.”

Muri iri gororero hari imyuga itandukanye irimo no gusudira.

Chief Superintendent Hillary Sengabo, umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora avuga ko RCS yishimira uburyo aba bana bahabwa amasomo bakayakunda, bakayatsinda ndetse bakanitwara neza mu Igororero kuko bigaragaza ko koko bakoze akazi basabwa nk’abashinzwe Igorora. Yasobanuye ko abana bari mu Igororero biga amasomo nk’ayabandi mu gihugu hose kuko integanyanyigisho ikoreshwa ari iy’Akarere nk’ibisanzwe, yanasabye ababyeyi kwita ku bana babo kuko kutitabwaho biri mu bituma abana bagwa mu byaha. Ati”akenshi kugira ngo umwana yisange hano mu Igororero haba harabanje kutitabwaho bimuviramo kujya mu muhanda agakora icyaha kimuzana mu Igororero.”

Abana bo mu Igororero rya Nyagatare batangiye gukora ibizamini bya Leta mu mwaka wa 2016 aho kugeza muri 2024 bose bagiye batsinda 100%, mu gihe mu mwaka wa 2024-2025 mu mashuri abanza batsinze 100%, mu cyiciro rusange batsinda kuri 88%, naho mu cyiciro cyisumbuye batsinda kuri 60%. Si ibyo gusa kuko no mu mashuri y’imyuga yarimo abanyeshuri 138 bose babonye impamyabushobozi.

Abana bagororerwa muri iri Gororero rya Nyagatare biga imyugaga itandukanye irimo no kudoda.

Umwana ugororerwa muri iri gororero ahitamo amasomo cyangwa umwuga yiga.

Muri iri Gororero rya Nyagatare biga mu byiciro byose birimo amashuri abanza n’ayisumbuye.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.