Categories: Amakuru ya RCSSlider

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yatangije igikorwa cy’ubuhuza bugamije kwemera icyaha mu magororero.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye biganjemo abo mu nzego z’ubutabera n’iz’umutekano barimo Umushunjacyaha Mukuru w’u Rwanda Madam Angelique Habyarimana, Umunyamabanga Mukuru wa RIB Col (Rtd) Pacifique Kayigamba Kabanda, abaperezida b’inkiko zitandukanye na Polisi y’u Rwanda.

Iyi gahunda y’ubutabera bushingiye ku masezerano akorwa hagati y’ubushijacyaha n’uwakoze icyaha ucyemera yatangiye mu mwaka wa 2021, igamije gutanga ubutabera bwita kukuba uwakoze icyaha yacyemeye kandi atazagisubira, akiyemeza kuriha cyangwa kwishyura ibyangijwe. Iyi gahunda ireba ibyaha byose. Kuva iyi gahunda yatangira abagera kuri 8700 bamaze kuyikoresha, 5200 muri bo bamaze kurekurwa binyuze muri ubu buryo.

Hon. Domitilla Mukantaganzwa yabanje gushimira Leta y’u Rwanda n’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ku ruhare bagira mu kugorora abantu baba baragonganye n’amategeko ntibatereranwe bagakomeza guhabwa agaciro nk’abandi baturage bose.

Yavuze ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki nshya mpanabyaha igamije kugorora  aho gushyira imbaraga mu guhana, bityo akaba ariho byahereye hatezwa imbere politiki yo gukemura ibibazo aho kumva ko byose bizajya bikemukira mu manza. Yibukije abagororwa kwirinda ingeso yo kubeshya bagasasa inzobe bakemera ibyaha bakoze bakiyunga n’abo bahemukiye kuko bifasha uwakoze icyaha,uwagikorewe ndetse n’ubutabera.  Ati “kwemera icyaha ni wowe ubwawe bifasha mbere na mbere kuko bigufasha guhinduka, bikagufashiriza n’abawe kandi biratworohereza twese.”

Yongeyeho ati ”kuba inyangamugayo ni icyemezo umuntu ubwe afata. Icyaha ni ubushake uba wagize bwo gukora icyo cyaha. Ese ubwo bushake ntushobora kubuhinduramo ubushake bwo gukora icyiza ,bukaguteza imbere wowe ubwawe n’igihugu?”

Hon. Domitilla yibukije abagororwa  ko kuba barakoze ibyaha bidakuraho ko igihugu kikibakeneye ngo baze bafatanye n’abandi kucyubaka. Ati” mumenye ko iki gihugu ari icyanyu, mumenye ko igihugu kibakunda kandi gikeneye ko muza mugafatanya n’abandi kucyubaka,  aho kwicara ngo mwumve ko mugomba kuza kuba ikibaza ahubwo muze muje kuba igisubizo ku gihugu.”

Yasabye abagororwa kwisuzuma, bagahinduka bityo bakemera ibyaha bakoze bagahuzwa n’abo bahemukiye kuko ari yo nzira nziza yo gukemura ibibazo kandi bose ari uwakoze icyaha n’uwagikorewe bakabohoka kandi ubutabera bwanatanzwe.

Abagororwa bashimishijwe cyane n’iyi gahunda yatangijwe ku rwego rw’amagororero , bakaba biyemeje ko  abari bataratera iyo ntambwe bagiye kubishyiramo imbaraga bakemera ibyaha bakoze ndetse niba hari n’ibyangijwe bakabyishyura nta kunanizanya.

Abayobozi mu nzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’ubutabera bari bitabiriye iki gikorwa.
Hon. Domitilla Mukantaganzwa na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Rose Muhisoni.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.