Categories: Amakuru ya RCSSlider

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yatangije igikorwa cy’ubuhuza bugamije kwemera icyaha mu magororero.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye biganjemo abo mu nzego z’ubutabera n’iz’umutekano barimo Umushunjacyaha Mukuru w’u Rwanda Madam Angelique Habyarimana, Umunyamabanga Mukuru wa RIB Col (Rtd) Pacifique Kayigamba Kabanda, abaperezida b’inkiko zitandukanye na Polisi y’u Rwanda.

Iyi gahunda y’ubutabera bushingiye ku masezerano akorwa hagati y’ubushijacyaha n’uwakoze icyaha ucyemera yatangiye mu mwaka wa 2021, igamije gutanga ubutabera bwita kukuba uwakoze icyaha yacyemeye kandi atazagisubira, akiyemeza kuriha cyangwa kwishyura ibyangijwe. Iyi gahunda ireba ibyaha byose. Kuva iyi gahunda yatangira abagera kuri 8700 bamaze kuyikoresha, 5200 muri bo bamaze kurekurwa binyuze muri ubu buryo.

Hon. Domitilla Mukantaganzwa yabanje gushimira Leta y’u Rwanda n’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ku ruhare bagira mu kugorora abantu baba baragonganye n’amategeko ntibatereranwe bagakomeza guhabwa agaciro nk’abandi baturage bose.

Yavuze ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki nshya mpanabyaha igamije kugorora  aho gushyira imbaraga mu guhana, bityo akaba ariho byahereye hatezwa imbere politiki yo gukemura ibibazo aho kumva ko byose bizajya bikemukira mu manza. Yibukije abagororwa kwirinda ingeso yo kubeshya bagasasa inzobe bakemera ibyaha bakoze bakiyunga n’abo bahemukiye kuko bifasha uwakoze icyaha,uwagikorewe ndetse n’ubutabera.  Ati “kwemera icyaha ni wowe ubwawe bifasha mbere na mbere kuko bigufasha guhinduka, bikagufashiriza n’abawe kandi biratworohereza twese.”

Yongeyeho ati ”kuba inyangamugayo ni icyemezo umuntu ubwe afata. Icyaha ni ubushake uba wagize bwo gukora icyo cyaha. Ese ubwo bushake ntushobora kubuhinduramo ubushake bwo gukora icyiza ,bukaguteza imbere wowe ubwawe n’igihugu?”

Hon. Domitilla yibukije abagororwa  ko kuba barakoze ibyaha bidakuraho ko igihugu kikibakeneye ngo baze bafatanye n’abandi kucyubaka. Ati” mumenye ko iki gihugu ari icyanyu, mumenye ko igihugu kibakunda kandi gikeneye ko muza mugafatanya n’abandi kucyubaka,  aho kwicara ngo mwumve ko mugomba kuza kuba ikibaza ahubwo muze muje kuba igisubizo ku gihugu.”

Yasabye abagororwa kwisuzuma, bagahinduka bityo bakemera ibyaha bakoze bagahuzwa n’abo bahemukiye kuko ari yo nzira nziza yo gukemura ibibazo kandi bose ari uwakoze icyaha n’uwagikorewe bakabohoka kandi ubutabera bwanatanzwe.

Abagororwa bashimishijwe cyane n’iyi gahunda yatangijwe ku rwego rw’amagororero , bakaba biyemeje ko  abari bataratera iyo ntambwe bagiye kubishyiramo imbaraga bakemera ibyaha bakoze ndetse niba hari n’ibyangijwe bakabyishyura nta kunanizanya.

Abayobozi mu nzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’ubutabera bari bitabiriye iki gikorwa.
Hon. Domitilla Mukantaganzwa na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Rose Muhisoni.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.