Categories: Amakuru ya RCSSlider

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yatangije igikorwa cy’ubuhuza bugamije kwemera icyaha mu magororero.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye biganjemo abo mu nzego z’ubutabera n’iz’umutekano barimo Umushunjacyaha Mukuru w’u Rwanda Madam Angelique Habyarimana, Umunyamabanga Mukuru wa RIB Col (Rtd) Pacifique Kayigamba Kabanda, abaperezida b’inkiko zitandukanye na Polisi y’u Rwanda.

Iyi gahunda y’ubutabera bushingiye ku masezerano akorwa hagati y’ubushijacyaha n’uwakoze icyaha ucyemera yatangiye mu mwaka wa 2021, igamije gutanga ubutabera bwita kukuba uwakoze icyaha yacyemeye kandi atazagisubira, akiyemeza kuriha cyangwa kwishyura ibyangijwe. Iyi gahunda ireba ibyaha byose. Kuva iyi gahunda yatangira abagera kuri 8700 bamaze kuyikoresha, 5200 muri bo bamaze kurekurwa binyuze muri ubu buryo.

Hon. Domitilla Mukantaganzwa yabanje gushimira Leta y’u Rwanda n’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ku ruhare bagira mu kugorora abantu baba baragonganye n’amategeko ntibatereranwe bagakomeza guhabwa agaciro nk’abandi baturage bose.

Yavuze ko Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki nshya mpanabyaha igamije kugorora  aho gushyira imbaraga mu guhana, bityo akaba ariho byahereye hatezwa imbere politiki yo gukemura ibibazo aho kumva ko byose bizajya bikemukira mu manza. Yibukije abagororwa kwirinda ingeso yo kubeshya bagasasa inzobe bakemera ibyaha bakoze bakiyunga n’abo bahemukiye kuko bifasha uwakoze icyaha,uwagikorewe ndetse n’ubutabera.  Ati “kwemera icyaha ni wowe ubwawe bifasha mbere na mbere kuko bigufasha guhinduka, bikagufashiriza n’abawe kandi biratworohereza twese.”

Yongeyeho ati ”kuba inyangamugayo ni icyemezo umuntu ubwe afata. Icyaha ni ubushake uba wagize bwo gukora icyo cyaha. Ese ubwo bushake ntushobora kubuhinduramo ubushake bwo gukora icyiza ,bukaguteza imbere wowe ubwawe n’igihugu?”

Hon. Domitilla yibukije abagororwa  ko kuba barakoze ibyaha bidakuraho ko igihugu kikibakeneye ngo baze bafatanye n’abandi kucyubaka. Ati” mumenye ko iki gihugu ari icyanyu, mumenye ko igihugu kibakunda kandi gikeneye ko muza mugafatanya n’abandi kucyubaka,  aho kwicara ngo mwumve ko mugomba kuza kuba ikibaza ahubwo muze muje kuba igisubizo ku gihugu.”

Yasabye abagororwa kwisuzuma, bagahinduka bityo bakemera ibyaha bakoze bagahuzwa n’abo bahemukiye kuko ari yo nzira nziza yo gukemura ibibazo kandi bose ari uwakoze icyaha n’uwagikorewe bakabohoka kandi ubutabera bwanatanzwe.

Abagororwa bashimishijwe cyane n’iyi gahunda yatangijwe ku rwego rw’amagororero , bakaba biyemeje ko  abari bataratera iyo ntambwe bagiye kubishyiramo imbaraga bakemera ibyaha bakoze ndetse niba hari n’ibyangijwe bakabyishyura nta kunanizanya.

Abayobozi mu nzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’ubutabera bari bitabiriye iki gikorwa.
Hon. Domitilla Mukantaganzwa na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Rose Muhisoni.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

1 week ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.