Categories: Amakuru ya RCSSlider

Cardinal Antoine Kambanda yasuye Igororero rya Nyarugenge, aha abagororwa isakaramentu ryo Gukomezwa

Mu rwego rwo kubasindagiza mu kwemera, Cardinal Kambanda yahaye Isakaramentu ryo Gukomezwa abagororwa 31, mu gitambo misa idasanzwe yahuriranye n’icyumweru Kiliziya Gatolika yageneye abakene n’abababaye.

DCG Rose Muhisoni, Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), ni we wakiriye Cardinal Kambanda n’intumwa bari kumwe. Mu ijambo rye, yashimiye byimazeyo uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu bikorwa bigamije gufasha abagororwa kugororoka no kugarura intekerezo nzima, ati: “Turishimye cyane kuba izi ntama zose mubona hano mutazirekura.”

Yagaragaje ko imikoranire hagati ya RCS na Kiliziya ari ingenzi mu rugendo rwo kugorora, by’umwihariko mu kubaka indangagaciro no gufasha abagororwa kongera kwiyubaka.

Mu butumwa bwe, Cardinal Kambanda yakanguriye abagororwa kurwanya umutima wa Sekibi ubakurura ku kibi ahubwo bakumvira ijwi ry’umutimanama ubabwira ngo iki ni kibi kireke kuko riba ari ijwi rya roho mutagatifu. Yabasabye kugororoka no kubohoka kuko biri mu bizabafasha mu buzima barimo n’ubuzakurikiraho,

ati: “mu butumwa muhabwa hano mu Igororero natwe nka Kiriziya dushyiraho akacu kugira ngo mugororokere Imana, mugororokere abantu no kugororokera Igihugu kuko iyo umuntu ari hano twese biratubabaza nk’imiryango yanyu inshuti, Igihugu na Kiriziya twese.”

Kiliziya ishimira RCS ku kwita ku bagororwa

Cardinal Kambanda yashimiye ubuyobozi bwa RCS ku mbaraga bushyira mu kubungabunga uburenganzira bw’abagororwa no kubafasha gufata icyerekezo gishya.

Yanashimangiye ko gukorera hamwe hagati ya RCS na Kiliziya Gatolika ari urugero rw’imiyoborere myiza, rutuma intego yo kugorora igerwaho, kandi rwubaka icyizere mu gutanga umusaruro.

Cardinal Antoine Kambana yashimiye imikoranire myiza ya RCS na Kiriziya Gatolika.

DCG Rose Muhisoni, yashimiye Cardinal Kambanda ko batataye intama zabo ziri mu Igororero.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.