Categories: Amakuru ya RCSSlider

Cardinal Antoine Kambanda yasuye Igororero rya Nyarugenge, aha abagororwa isakaramentu ryo Gukomezwa

Mu rwego rwo kubasindagiza mu kwemera, Cardinal Kambanda yahaye Isakaramentu ryo Gukomezwa abagororwa 31, mu gitambo misa idasanzwe yahuriranye n’icyumweru Kiliziya Gatolika yageneye abakene n’abababaye.

DCG Rose Muhisoni, Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), ni we wakiriye Cardinal Kambanda n’intumwa bari kumwe. Mu ijambo rye, yashimiye byimazeyo uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu bikorwa bigamije gufasha abagororwa kugororoka no kugarura intekerezo nzima, ati: “Turishimye cyane kuba izi ntama zose mubona hano mutazirekura.”

Yagaragaje ko imikoranire hagati ya RCS na Kiliziya ari ingenzi mu rugendo rwo kugorora, by’umwihariko mu kubaka indangagaciro no gufasha abagororwa kongera kwiyubaka.

Mu butumwa bwe, Cardinal Kambanda yakanguriye abagororwa kurwanya umutima wa Sekibi ubakurura ku kibi ahubwo bakumvira ijwi ry’umutimanama ubabwira ngo iki ni kibi kireke kuko riba ari ijwi rya roho mutagatifu. Yabasabye kugororoka no kubohoka kuko biri mu bizabafasha mu buzima barimo n’ubuzakurikiraho,

ati: “mu butumwa muhabwa hano mu Igororero natwe nka Kiriziya dushyiraho akacu kugira ngo mugororokere Imana, mugororokere abantu no kugororokera Igihugu kuko iyo umuntu ari hano twese biratubabaza nk’imiryango yanyu inshuti, Igihugu na Kiriziya twese.”

Kiliziya ishimira RCS ku kwita ku bagororwa

Cardinal Kambanda yashimiye ubuyobozi bwa RCS ku mbaraga bushyira mu kubungabunga uburenganzira bw’abagororwa no kubafasha gufata icyerekezo gishya.

Yanashimangiye ko gukorera hamwe hagati ya RCS na Kiliziya Gatolika ari urugero rw’imiyoborere myiza, rutuma intego yo kugorora igerwaho, kandi rwubaka icyizere mu gutanga umusaruro.

Cardinal Antoine Kambana yashimiye imikoranire myiza ya RCS na Kiriziya Gatolika.

DCG Rose Muhisoni, yashimiye Cardinal Kambanda ko batataye intama zabo ziri mu Igororero.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.