Categories: Amakuru ya RCSSlider

Polisi mu bukangurambaga bwa Gerayo amahoro, mu kwirinda impanuka yigishije abakozi ba RCS

Ubu bukangurambaga bugamije muri rusange gushishikariza buri wese kugira imyitwarire yimakaza umutekano wo mu muhanda ku bw’amahitamo, hagamijwe kwirinda icyateza impanuka cyose, bigirwa umuco bikaba mu ndangagaciro z’abakoresha umuhanda
Abari bakurikiye ubu bukangurambaga batanze ibitekerezo murwego rwo kubahiriza amategeko y’umuhanda, hatagize ubangamira undi mugihe bari murugendo. Aho batanze urugero ku bindi bihugu imodoka igize ikibazo umushoferi yambara akagarurarumuri buri wese akabona ko ikinyabiziga cye cyagize ikibazo.
ACP Gerard Mpayimana komiseri wa polisi ushinzwe ishami ryo mu muhanda, yavuze ko buri mwaka hapfa abantu benshi bazira impanuka ndetse n’imitungo myinshi ikangirika ariko tubigize ibyacu birashoboka cyane ko zagabanuka.
Yagize ati” Ibiri gutera impanuka muri iyi minsi ni akajagari gaturuka mu bakoresha umuhanda batubahiriza amategeko y’umuhanda, harimo abamotari n’abashoferi batita ku mategeko agenga umuhanda, nkamwe rero muri munzego z’umutekano mugomba kuba intangarugero murasabwa kubahiriza amategeko y’umuhanda n’abandi bakatureberaho, waba uri mu muhanda ibitekerezo byawe ntahandi ugomba kubyerekeza atari mu muhanda, murasabwa rero kugendera ku mategeko uko bikwiye twirinda impanuka zitwara ubuzima bw’abantu.”
CP Jean Bosco Kabera haramutse hatabayeho uburangare mu muhanda impanuka za kwirindwa, kuko inyinshi ziba zituruka ku burangare no kutoroherana mu muhanda.
Yagize ati” abantu bakoresha umuhanda baramutse birinze uburangare impanuka zakwirindwa ku kigero cya 80%, kuko akenshi iziba zituruka kuburangare no kutoroherana mu muhanda, abandi ugasanga bahugiye muri telefone ugasanga biteje impanuka, buriwese rero nagerageze ku ruhande rwe cyane ko nkamwe muba mu nzego z’umutekano arimwe mugomba kuba intangarugero kurenza abandi.”
DCG yashimiye abatanze ubukangurambaga bwo kwirinda impanuka anabizeza ko bagiye kugerageza nabo bagashyiraho akabo ntihazagire umukozi wa RCS uzagaragara muri ayo makosa.
Yagize ati” Ndabanza gushimira abatanze ubukangurambaga ku bwirinzi bw’impanuka, byari bikwiye kuko hari benshi batajyaga bubahiriza amategeko y’umuhanda atari uko batayazi ahubwo ari ukuyirengagiza, ndabizeza ko natwe tugiye gushyiraho akacu kuburyo hatazagira umukozi wa RCS uzagaragara muri ayo makosa bamwe batajyaga bitaho.”
Ubukangurambaga bwa gerayo amahoro buri gukorwa na Polisi ishami ryo mumuhanda, murwego rwo kongera kwibutsa abakoresha umuhanda kwitwararika hirindwa impanuka zitandukanye zitwara ubuzima bw’abantu.

Muri ubu bukangurambaga bibukijwe ko ntanumwe utagomba kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Abitabiriye ubukangurambaga wobonaga ko bose banyotewe no kumenya uko amategeko y’umuhanda yakabaye yubahirizwa.

Hari abayobozi batandukanye bo ku magororero n’abakozi ba RCS bakorera kucyicaro bari bitabiriye inama yagombaga kubahuza n’ubuyobozi nabo bagejejweho ubukangurambaga bwa gerayo amahoro.

CP John Bosco Kabera arikumwe na komiseri Mukuru wungirije wa RCS,  ageza kubitabiriye inama ubukangurambaga bwa Polisi bwa gerayo amahoro.

ACP Gerard Mpayimana ushinzwe ishimi ry’umutekano wo mumuhanda nawe yari muri ubu bukangurambaga.

Nyuma y’ubukangurambaga habayeho gufata ifoto y’urwibutso

Abari bitabiriye Inama yagombaga kubahuza n’ubuyobozi nabo bagize amahirwe yo kumva ubukangurambaga.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.