Categories: Amakuru ya RCSSlider

Polisi mu bukangurambaga bwa Gerayo amahoro, mu kwirinda impanuka yigishije abakozi ba RCS

Ubu bukangurambaga bugamije muri rusange gushishikariza buri wese kugira imyitwarire yimakaza umutekano wo mu muhanda ku bw’amahitamo, hagamijwe kwirinda icyateza impanuka cyose, bigirwa umuco bikaba mu ndangagaciro z’abakoresha umuhanda
Abari bakurikiye ubu bukangurambaga batanze ibitekerezo murwego rwo kubahiriza amategeko y’umuhanda, hatagize ubangamira undi mugihe bari murugendo. Aho batanze urugero ku bindi bihugu imodoka igize ikibazo umushoferi yambara akagarurarumuri buri wese akabona ko ikinyabiziga cye cyagize ikibazo.
ACP Gerard Mpayimana komiseri wa polisi ushinzwe ishami ryo mu muhanda, yavuze ko buri mwaka hapfa abantu benshi bazira impanuka ndetse n’imitungo myinshi ikangirika ariko tubigize ibyacu birashoboka cyane ko zagabanuka.
Yagize ati” Ibiri gutera impanuka muri iyi minsi ni akajagari gaturuka mu bakoresha umuhanda batubahiriza amategeko y’umuhanda, harimo abamotari n’abashoferi batita ku mategeko agenga umuhanda, nkamwe rero muri munzego z’umutekano mugomba kuba intangarugero murasabwa kubahiriza amategeko y’umuhanda n’abandi bakatureberaho, waba uri mu muhanda ibitekerezo byawe ntahandi ugomba kubyerekeza atari mu muhanda, murasabwa rero kugendera ku mategeko uko bikwiye twirinda impanuka zitwara ubuzima bw’abantu.”
CP Jean Bosco Kabera haramutse hatabayeho uburangare mu muhanda impanuka za kwirindwa, kuko inyinshi ziba zituruka ku burangare no kutoroherana mu muhanda.
Yagize ati” abantu bakoresha umuhanda baramutse birinze uburangare impanuka zakwirindwa ku kigero cya 80%, kuko akenshi iziba zituruka kuburangare no kutoroherana mu muhanda, abandi ugasanga bahugiye muri telefone ugasanga biteje impanuka, buriwese rero nagerageze ku ruhande rwe cyane ko nkamwe muba mu nzego z’umutekano arimwe mugomba kuba intangarugero kurenza abandi.”
DCG yashimiye abatanze ubukangurambaga bwo kwirinda impanuka anabizeza ko bagiye kugerageza nabo bagashyiraho akabo ntihazagire umukozi wa RCS uzagaragara muri ayo makosa.
Yagize ati” Ndabanza gushimira abatanze ubukangurambaga ku bwirinzi bw’impanuka, byari bikwiye kuko hari benshi batajyaga bubahiriza amategeko y’umuhanda atari uko batayazi ahubwo ari ukuyirengagiza, ndabizeza ko natwe tugiye gushyiraho akacu kuburyo hatazagira umukozi wa RCS uzagaragara muri ayo makosa bamwe batajyaga bitaho.”
Ubukangurambaga bwa gerayo amahoro buri gukorwa na Polisi ishami ryo mumuhanda, murwego rwo kongera kwibutsa abakoresha umuhanda kwitwararika hirindwa impanuka zitandukanye zitwara ubuzima bw’abantu.

Muri ubu bukangurambaga bibukijwe ko ntanumwe utagomba kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Abitabiriye ubukangurambaga wobonaga ko bose banyotewe no kumenya uko amategeko y’umuhanda yakabaye yubahirizwa.

Hari abayobozi batandukanye bo ku magororero n’abakozi ba RCS bakorera kucyicaro bari bitabiriye inama yagombaga kubahuza n’ubuyobozi nabo bagejejweho ubukangurambaga bwa gerayo amahoro.

CP John Bosco Kabera arikumwe na komiseri Mukuru wungirije wa RCS,  ageza kubitabiriye inama ubukangurambaga bwa Polisi bwa gerayo amahoro.

ACP Gerard Mpayimana ushinzwe ishimi ry’umutekano wo mumuhanda nawe yari muri ubu bukangurambaga.

Nyuma y’ubukangurambaga habayeho gufata ifoto y’urwibutso

Abari bitabiriye Inama yagombaga kubahuza n’ubuyobozi nabo bagize amahirwe yo kumva ubukangurambaga.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

21 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.