Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi ba RCS 45 basoje amahugurwa ku gutegura Abagororwa babura igihe gito ngo basoze ibihano basubire mubuzima busanzwe

Ni amahugurwa yateguwe na RCS ifatanyije na Interpeace , umuryango utegamiye kuri leta, uharanira amahoro mu Karere k’Ibiyaga bigari, integanyanyigisho itangwa n’ishuri rya ILPD, iyo nteganyanyigisho izafasha mu gutegura abagororwa bahamijwe ibyaha n’inkiko bikaba ngombwa ko bajya gusoreza ibihano byabo mu Igororero, basigaje igihe gito ngo babisoze  basubire mubuzima busanzwe mu rwego rwo kubategura mu mutwe ngo bazagere muri sosiyete ari abaturage beza bubahiriza amategeko.

SP Bonaventure Muvunyi umwe mubakurikiranye amahugurwa yavuze ko muri rusange  ibyo bakuye muri ayo mahugurwa y’iminsi irindwi bizabafasha gutegura neza ababura igihe gito ngo basubire mu buzima busanzwe kuko harimo byinshi by’ingenzi bakeneye kumenya.

Yagize ati”Iminsi irindwi tumaze muri aya mahugurwa yadusigiye byinshi by’ingenzi, bizadufasha gutegura abakoze ibyaha bari gusoza ibihano bitegura gusubira mubuzima busanzwe,  aho twarebeye hamwe uko umuntu ugeze mu Igororero bwambere agomba gutegurwa mumutwe, kumukurikirana mugihe ari gukora ibihano, mu rwego rwo kumutegura kuzasubira mu buzima busanzwe hari byinshi byahindutse kuriwe, twigiyemo uburenganzira bwa muntu, gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge bigamije gutegura umuntu wakoze icyaha kutiheba akumva ko ubuzima burangiye ahubwo akigirira icyizere bikazanamufasha kudasubira mubyaha ukundi asoje ibihano.”

Umuyobozi w’umusigire w’Ishuri rikuru ryigisha rikanateza imbere amategeko ILPD Dr Sezirahiga Yves, yasabye abitabiriye amahugurwa ko bagomba kubaha umuntu wese uje mu igororero kuko ntamuntu ufite ubudahangarwa bwo kuba atazamo.

Yagize ati” Buriwese ashobora kwisanga mu Igororero kuko ntawe ufite ubudahangarwa bwuko atahagera, murasabwa rero kwita kubo byabaye ngombwa ko basoza ibihano byabo bari mu Igororero, mukabategura neza kugirango bazagaruke muri sosiyete barabaye abaturage beza, aya masomo rero azabafasha guhugura n’abandi batabashije kuza, kuko ari ingenzi kubo mushinzwe, ndasoza nshimira ubuyobozi bwa RCS na interpeace bateguye imfashanyigisho namwe abitabiriye amahugurwa ku myitwarire myiza mwagaragaje mbasaba ko ubumenyi mwahawe muzabutanga bukagira umumaro kubabuhawe.”

CP Bosco Kabanda, umuyobozi ushinzwe ubureremboneragihugu muri RCS wari uhagarariye Komiseri mukuru,  yavuze ko izi nyigisho abasoje amahugurwa bahawe, zizafasha abakoze ibyaha kutiheba bibaza uko bizagenda basoje ibihano.

Yagize ati “ Twiteze ko amasomo mukuye hano ari umusingi ukomeye azafasha abakoze ibyaha bitegura gusoza ibihano, batibaza uko bizagenda basubiye muri sosiyete, bitewe nuko bazaba barateguwe bikazabafasha kutiheba no guhangayika bibaza aho bagiye bitewe n’igihe baba bamaze mu Igororero, muri urwo rugendo rwo kubategura harimo kubaganiriza ku mibereho y’ubuzima bagiye kongera gusubiramo, bizafasha rero ugiye gusoza ibihano kugenda ameze nkumuntu umenyereye hanze kuko ibyinshi azaba yarabyigishijwe, kuko muri uku kubategura hari ubumenyi bahabwa kugira ngo bazagere hanze bagire icyo bimarira, aho bazajya bigishwa  imyuga n’ubumenyingiro bizabafasha kwihangira imirimo bakiteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo, ibi bikazanagabanya insubiracyaha kuko bazaba bafite ibyo bakora, ndabasaba rero ubwo bumenyi mukuye hano kuzabutanga uko buri.”

Aya mahugurwa yasojwe uyumunsi yahabwaga abagera kuri 45 bose barebera hamwe uburyo bafasha usigaje igihe gito ngo asoze ibihano asubire mu buzima busanzwe ari abaturage beza bubahiriza amategeko.

Amahugurwa bayahabwaga n’abarimu bigisha mu Ishuri rikuru ryigisha amategeko no kuyateza imbere ILPD.

Abasoje amahugurwa bahawe impamyabumenyi zigaragaza ko bakurikiranye inyigisho.

Abarimu n’abitabiriye amahugurwa abayobozi bitabiriye umuhango wo gusoza bafashe ifoto y’urwibutso.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

21 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.