Kuri iki cyumweru tariki ya 13/01/2018, itsinda riturutse kuri Paruwasi gaturika ya Rilima riyobowe na padiri Dukuzumuremyi Alphonse basuye imfugwa n’abagororwa bari muri gereza ya Bugesera mu rwego rwo kubereka ko atari ibicibwa ko nabo ni ubwo bafunze bacyeneye kwitabwaho by’umwihariko.
Iki gikorwa cyabimburiwe n’igitambo cya Misa cyayobowe na Padiri Dukuzumuremyi Alphonse cyitabirwa n’imfungwa n’abagororwa, abakozi ba Gereza ya Bugesera ndetse n’itsinda ryabakarisimatike baje baherecyeje padiri gusura abagororwa.
Padiri Alphonse yasabye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Bugesera guca bugufi bakemera igihano bakatiwe n’inkiko kandi bakicuza ibyaha bakoze kugirango batazabisubiramo.
Padiri wa paruwasi ya Rilima yanasabye kandi itsinda ry’abakarisimatike yaje ayoboye kurushaho gusura abagororwa uko bashobojwe babasurisha ibintu bifatika kuko urukundo nyarwo rugaragarira mu bikorwa atari mu magambo.
Iri tsinda ry’abakirisitu ryaturutse kuri paruwasi ya Rilima ryahaye ibikoresho imfungwa n’abagororwa birimo isukari, ibishyimbo, ibisuguti, amavuta yo kwisiga , imyambaro n’ibindi.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.