Kuri iki cyumweru tariki ya 13/01/2018, itsinda riturutse kuri Paruwasi gaturika ya Rilima riyobowe na padiri Dukuzumuremyi Alphonse basuye imfugwa n’abagororwa bari muri gereza ya Bugesera mu rwego rwo kubereka ko atari ibicibwa ko nabo ni ubwo bafunze bacyeneye kwitabwaho by’umwihariko.
Iki gikorwa cyabimburiwe n’igitambo cya Misa cyayobowe na Padiri Dukuzumuremyi Alphonse cyitabirwa n’imfungwa n’abagororwa, abakozi ba Gereza ya Bugesera ndetse n’itsinda ryabakarisimatike baje baherecyeje padiri gusura abagororwa.
Padiri Alphonse yasabye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Bugesera guca bugufi bakemera igihano bakatiwe n’inkiko kandi bakicuza ibyaha bakoze kugirango batazabisubiramo.
Padiri wa paruwasi ya Rilima yanasabye kandi itsinda ry’abakarisimatike yaje ayoboye kurushaho gusura abagororwa uko bashobojwe babasurisha ibintu bifatika kuko urukundo nyarwo rugaragarira mu bikorwa atari mu magambo.
Iri tsinda ry’abakirisitu ryaturutse kuri paruwasi ya Rilima ryahaye ibikoresho imfungwa n’abagororwa birimo isukari, ibishyimbo, ibisuguti, amavuta yo kwisiga , imyambaro n’ibindi.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.