Kuri iki cyumweru tariki ya 13/01/2018, itsinda riturutse kuri Paruwasi gaturika ya Rilima riyobowe na padiri Dukuzumuremyi Alphonse basuye imfugwa n’abagororwa bari muri gereza ya Bugesera mu rwego rwo kubereka ko atari ibicibwa ko nabo ni ubwo bafunze bacyeneye kwitabwaho by’umwihariko.
Iki gikorwa cyabimburiwe n’igitambo cya Misa cyayobowe na Padiri Dukuzumuremyi Alphonse cyitabirwa n’imfungwa n’abagororwa, abakozi ba Gereza ya Bugesera ndetse n’itsinda ryabakarisimatike baje baherecyeje padiri gusura abagororwa.
Padiri Alphonse yasabye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Bugesera guca bugufi bakemera igihano bakatiwe n’inkiko kandi bakicuza ibyaha bakoze kugirango batazabisubiramo.
Padiri wa paruwasi ya Rilima yanasabye kandi itsinda ry’abakarisimatike yaje ayoboye kurushaho gusura abagororwa uko bashobojwe babasurisha ibintu bifatika kuko urukundo nyarwo rugaragarira mu bikorwa atari mu magambo.
Iri tsinda ry’abakirisitu ryaturutse kuri paruwasi ya Rilima ryahaye ibikoresho imfungwa n’abagororwa birimo isukari, ibishyimbo, ibisuguti, amavuta yo kwisiga , imyambaro n’ibindi.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.