Categories: Amakuru ya RCS

Muri gereza ya Rwamagana habereye igikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge.

Abagororwa 17 bo muri gereza ya Rwamagana basabye imbabazi imiryango biciye muri genoside ndetse yakorewe abatutsi mu 1994 .Ubwo aba bagororwa basaba imbabazi bari batumijeho n’imiryango bakomokamo kugirango nabo bamenye ukuru ku byaha bakoreye abaturanyi babo. Bose uko basabye imbabazi, abarokotse genoside basabwe imbabazi barazitanze maze basaba abo bagororwa kwitwara neza birinda ko bakongera gukora ibyaha.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wagatatu w’iki cyumweru  cyateguwe ku bufatanye bwa RCS n’umuryango w’ivugabutumwa mu magereza Prison fellowship witabiriwe n’abakorewe ibyaha muri genoside, abo mu miryango y’abakoze genoside basaba imbabazi, ndetse n’ubuyobozi vwa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Umuyobozi mukuru wa Prison Fellowship Bishop Deo Gashagaza yashimiye cyane RCS, ku ntambwe bagezeho mu gufasha abakoze ibyaha kugororoka ndetse no gufasha abanyarwanda kugera ku bwiyunge buhamye. Bishop Gashagaza yakomeje avuga ko igikorwa cyo gusaba imbabazi kigomba kujyana no kuvugisha ukuri. Yagize ati “Mu gomba kubwiza ukuri abo mwiciye ababo, mugomba kubwiza ukuri imiryango yanyu (umugore, abana, abavandimwe) kubyo mwakoze kugira ngo muborohereze musana imitima yabo yashenjaguwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994”.

Umuyobozi wungirije akaba na Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Saverine Uwimana yagize ati “iki gikorwa nticyashoboka igihugu kidafite ubuyobozi bwiza, Saverine Uwimana yabwiye abasabye imbabazi ko aribo bakwiye gufata iya mbere mu gukangurira abasigaye nabo gusaba imbabazi abo bahemukiye,

ACP John Bosco KABANDA wari uhagarariye Komiseri Mukuru wa RCS asoza ku mugararo icyo gikorwa yabwiye abari aho bose kuba abagororwa bicuza ibyaha bakoze muri genoside bagasaba imbabazi uri mu umusaruro w’ibikorwa byo kugorora nkuko ari imwe  mu nshingano za RCS . Yakanguriye n’abandi bagororwa gutera intambwe bagasaba imbabazi ku byaha bakoze kandi izombabazi basaba ntizibe iza nyirarureshwa.

Kugeza ubu gereza ya Rwamagana icumbikiye imfungwa n’abagororwa basaga ibihumbi umunani.

rcspet

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.