Categories: Amakuru ya RCS

Muri gereza ya Rwamagana habereye igikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge.

Abagororwa 17 bo muri gereza ya Rwamagana basabye imbabazi imiryango biciye muri genoside ndetse yakorewe abatutsi mu 1994 .Ubwo aba bagororwa basaba imbabazi bari batumijeho n’imiryango bakomokamo kugirango nabo bamenye ukuru ku byaha bakoreye abaturanyi babo. Bose uko basabye imbabazi, abarokotse genoside basabwe imbabazi barazitanze maze basaba abo bagororwa kwitwara neza birinda ko bakongera gukora ibyaha.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wagatatu w’iki cyumweru  cyateguwe ku bufatanye bwa RCS n’umuryango w’ivugabutumwa mu magereza Prison fellowship witabiriwe n’abakorewe ibyaha muri genoside, abo mu miryango y’abakoze genoside basaba imbabazi, ndetse n’ubuyobozi vwa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Umuyobozi mukuru wa Prison Fellowship Bishop Deo Gashagaza yashimiye cyane RCS, ku ntambwe bagezeho mu gufasha abakoze ibyaha kugororoka ndetse no gufasha abanyarwanda kugera ku bwiyunge buhamye. Bishop Gashagaza yakomeje avuga ko igikorwa cyo gusaba imbabazi kigomba kujyana no kuvugisha ukuri. Yagize ati “Mu gomba kubwiza ukuri abo mwiciye ababo, mugomba kubwiza ukuri imiryango yanyu (umugore, abana, abavandimwe) kubyo mwakoze kugira ngo muborohereze musana imitima yabo yashenjaguwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994”.

Umuyobozi wungirije akaba na Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Saverine Uwimana yagize ati “iki gikorwa nticyashoboka igihugu kidafite ubuyobozi bwiza, Saverine Uwimana yabwiye abasabye imbabazi ko aribo bakwiye gufata iya mbere mu gukangurira abasigaye nabo gusaba imbabazi abo bahemukiye,

ACP John Bosco KABANDA wari uhagarariye Komiseri Mukuru wa RCS asoza ku mugararo icyo gikorwa yabwiye abari aho bose kuba abagororwa bicuza ibyaha bakoze muri genoside bagasaba imbabazi uri mu umusaruro w’ibikorwa byo kugorora nkuko ari imwe  mu nshingano za RCS . Yakanguriye n’abandi bagororwa gutera intambwe bagasaba imbabazi ku byaha bakoze kandi izombabazi basaba ntizibe iza nyirarureshwa.

Kugeza ubu gereza ya Rwamagana icumbikiye imfungwa n’abagororwa basaga ibihumbi umunani.

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.