Categories: Amakuru ya RCS

Bugesera: Abagororwa basabye imbabazi imiryango biciye muri Jenoside

Abagororwa bahamwe n’icyaha cya jenoside bagera kuri 30 bafungiye muri Gereza ya Bugesera basabye imbabazi ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banazisaba imiryango abo bishe bakomokamo. Ni igikorwa cyari kitabiriwe n’inzego zitandukanye, harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Ndayisaba Fidèle ndetse na Komiseri Mukuru w’Urwego rw”Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS CGP George Rwigamba

Ngayaberura Yubu wishe ababyeyi n’abavandimwe ba Muhongayire Marie na Mbazumutima Juvenal, batuye mu Murenge wa Rweru yagize ati “Mpagaze aha nsaba imbabazi Muhongayire ku cyaha nakoze cyo kumukomeretsa cyane, Imana ikaza kumuhembura. Ndamusaba imbabazi ku bisengeneza be babiri nishe. Musabye imbabazi mbikuye ku mutima. Ndasaba Imbabazi Juvenal kuko nari mu gitero cyagiye kwica umubyeyi we, harimo n’umuryango wo kwa Kayibanda no kwa Kabageni, bose mbikubise imbere mbasaba imbabazi.” Yakomeje avuga ko asabye imbabazi na nyina umubyara ngo kuko ubwo yafungurwaga mu mwaka wa 2003 atigeze amubwiza ukuri ku byo yakoze. Ati “Naricecekeye ndaturama. Yabanaga n’aba bantu abicyeka ko aribo bamufungishirije umwana, ariko musabye imbabazi.” Muhongayire Marie, umwe mu batemaguwe na Yobu Imana igakinga akaboko, yavuze ko atanze imbabazi. Ati “Uyu yari umuturanyi, numvaga ko ari bunkize. Ariko siko byagenze, habaye byinshi kandi bibi, ariko Imana yarandinze. Imbabazi ndaziguhaye.”

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa, CGP George Rwigamba, yifuje ko iki gikorwa cyazakomereza no mu zindi gereza. Yagize ati “Ibikorwa nk’ibi biganisha abanyarwanda mu bumwe n’ubwiyunge nifuza ko bitagarukira aha ngaha gusa ahubwo bikwiye gukomereza no mu yandi magereza dufatanyije n’abafatanyabikorwa bacu.” Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Ndayisaba Fidele, yashimiye abagororwa bateye intambwe yo kwemera ibyaha bakoze bakavugisha ukuri. Ndayisaba yakomeje ashimira abarokotse jenoside, kuko nyuma y’akababaro n’agahinda gakomeye ndetse n’ibikomere batewe no guhekurwa ababo, batanze imbabazi.

Gereza ya Bugesera icumbikiye imfungwa n’abagororwa bagera ku 2915, harimo abafungiye icyaha cya jenoside bagera ku 2185, abafungiye ibyaha bisazwe ni abantu 730 mu gihe abanyamahanga bafungiye muri iyi gereza bagera kuri 42.

rcspet

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

2 hours ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.