Categories: Amakuru ya RCS

Bugesera: Abagororwa basabye imbabazi imiryango biciye muri Jenoside

Abagororwa bahamwe n’icyaha cya jenoside bagera kuri 30 bafungiye muri Gereza ya Bugesera basabye imbabazi ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banazisaba imiryango abo bishe bakomokamo. Ni igikorwa cyari kitabiriwe n’inzego zitandukanye, harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Ndayisaba Fidèle ndetse na Komiseri Mukuru w’Urwego rw”Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS CGP George Rwigamba

Ngayaberura Yubu wishe ababyeyi n’abavandimwe ba Muhongayire Marie na Mbazumutima Juvenal, batuye mu Murenge wa Rweru yagize ati “Mpagaze aha nsaba imbabazi Muhongayire ku cyaha nakoze cyo kumukomeretsa cyane, Imana ikaza kumuhembura. Ndamusaba imbabazi ku bisengeneza be babiri nishe. Musabye imbabazi mbikuye ku mutima. Ndasaba Imbabazi Juvenal kuko nari mu gitero cyagiye kwica umubyeyi we, harimo n’umuryango wo kwa Kayibanda no kwa Kabageni, bose mbikubise imbere mbasaba imbabazi.” Yakomeje avuga ko asabye imbabazi na nyina umubyara ngo kuko ubwo yafungurwaga mu mwaka wa 2003 atigeze amubwiza ukuri ku byo yakoze. Ati “Naricecekeye ndaturama. Yabanaga n’aba bantu abicyeka ko aribo bamufungishirije umwana, ariko musabye imbabazi.” Muhongayire Marie, umwe mu batemaguwe na Yobu Imana igakinga akaboko, yavuze ko atanze imbabazi. Ati “Uyu yari umuturanyi, numvaga ko ari bunkize. Ariko siko byagenze, habaye byinshi kandi bibi, ariko Imana yarandinze. Imbabazi ndaziguhaye.”

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa, CGP George Rwigamba, yifuje ko iki gikorwa cyazakomereza no mu zindi gereza. Yagize ati “Ibikorwa nk’ibi biganisha abanyarwanda mu bumwe n’ubwiyunge nifuza ko bitagarukira aha ngaha gusa ahubwo bikwiye gukomereza no mu yandi magereza dufatanyije n’abafatanyabikorwa bacu.” Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Ndayisaba Fidele, yashimiye abagororwa bateye intambwe yo kwemera ibyaha bakoze bakavugisha ukuri. Ndayisaba yakomeje ashimira abarokotse jenoside, kuko nyuma y’akababaro n’agahinda gakomeye ndetse n’ibikomere batewe no guhekurwa ababo, batanze imbabazi.

Gereza ya Bugesera icumbikiye imfungwa n’abagororwa bagera ku 2915, harimo abafungiye icyaha cya jenoside bagera ku 2185, abafungiye ibyaha bisazwe ni abantu 730 mu gihe abanyamahanga bafungiye muri iyi gereza bagera kuri 42.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.