Amasakaramentu yatanzwe na Nyiricyubahiro Munsenyeri Eduard Sinayobye, ni atatu ariyo Gukomererwa, Kubatizwa ndetse no gukomezwa, bihabwa abari bitabiriye igitambo cya misa bahawe inyigisho zitandukanye zijyanye n’amasakaramentu bahawe, mu rwego rwo kwimakaza ubutumwa bwiza bwa Gikirisitu kubatarabumenye nabo bakabumenya.
Ni igikorwa cyashimishije Abantu bafunzwe n’Abagororwa bari mu Igororero rya Rusizi, kuba bahawe isakaramentu n’umushumba mukuru wa Diyosezi ya Cyangu, kuko mu masakarametu yatanze harimo iryo gukomezwa kandi uwakomejwe agahabwa umukati witiriwe umubiri wa kirisito, bakabihabwa n’umwepisikopi babifata n’igikorwa cy’agaciro gakomeye no kuzirikana umuntu uri mu Igororero ko agifite agaciro muri sosiyete.
Igikorwa cyo kuvuga ubutumwa mu magororero si gishya, kuko amadini n’amatorero ari mu bifasha abakoze ibyaha kongera kwitekerezaho, bakicuza ibyaha bakoze bikanabafasha gukora ibihano byabo neza kuko buriwese aba afite aho asengera kandi buriwese ufunzwe afite burenganzira bwo gusengera aho ashaka.
Mgr Eduard Sinayobye yatanze amasakaramento atatu mu igororero rya Rusizi.
Mu masakaramentu yatanzwe harimo n’iryo kubatizwa ku bafashe inyigisho zabyo.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.