Amasakaramentu yatanzwe na Nyiricyubahiro Munsenyeri Eduard Sinayobye, ni atatu ariyo Gukomererwa, Kubatizwa ndetse no gukomezwa, bihabwa abari bitabiriye igitambo cya misa bahawe inyigisho zitandukanye zijyanye n’amasakaramentu bahawe, mu rwego rwo kwimakaza ubutumwa bwiza bwa Gikirisitu kubatarabumenye nabo bakabumenya.
Ni igikorwa cyashimishije Abantu bafunzwe n’Abagororwa bari mu Igororero rya Rusizi, kuba bahawe isakaramentu n’umushumba mukuru wa Diyosezi ya Cyangu, kuko mu masakarametu yatanze harimo iryo gukomezwa kandi uwakomejwe agahabwa umukati witiriwe umubiri wa kirisito, bakabihabwa n’umwepisikopi babifata n’igikorwa cy’agaciro gakomeye no kuzirikana umuntu uri mu Igororero ko agifite agaciro muri sosiyete.
Igikorwa cyo kuvuga ubutumwa mu magororero si gishya, kuko amadini n’amatorero ari mu bifasha abakoze ibyaha kongera kwitekerezaho, bakicuza ibyaha bakoze bikanabafasha gukora ibihano byabo neza kuko buriwese aba afite aho asengera kandi buriwese ufunzwe afite burenganzira bwo gusengera aho ashaka.
Mgr Eduard Sinayobye yatanze amasakaramento atatu mu igororero rya Rusizi.
Mu masakaramentu yatanzwe harimo n’iryo kubatizwa ku bafashe inyigisho zabyo.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.