Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuganda rusange ngarukakwezi witabirwa n’Amagororero yose hakorwa ibikorwa bitandukanye

Umuganda rusange Ngarukakwezi ni igikorwa kimaze kumenyerwa ku Banyarwanda inshuti z’u Rwanda ndetse n’abarugenda, buriwese ku wagatandatu wa nyuma w’ukwezi aba asabwa kwitabira iki gikorwa cy’umuganda mu rwego rwo kwishakira bimwe mu bisubizo nkuko abanyarwanda babyiyemeje, aho abakozi b’Amagororero yose abakora ku cyicaro bose bitabira umuganda bagafatanya n’izindi nzego muri icyo gikorwa.

kuri uyu wa gatandatu taliki 27 Gicurasi 2023, Umuyobozi n’abakozi b’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, bitabiriye umuganda rusange ngarukakwezi, mu rwego rw’ ubufatanye bw’inzego zirimo iz’umutekano arizo RDF, RNP, mu bikorwa byubaka Igihugu, bifatanya n’abaturage b’Akarere ka Rwamagana ndetse na bamwe mu badepite bari bayobowe Depite Karemera Francis, bakora ibikorwa bitandukanye.

Abakozi b’Igororero rya Nyagatare nabo bitabiriye umuganda rusange bavugurura umuhanda werekeza ku Igororero ry’Abana rya Nyagatare, witabirwa n’inzego zitandukanye harimo iz’umutekano arizo RDF, RNP, Abakozi b’akarere ka Nyagatare ndetse n’abadepite bari bayobowe na depite Mukabunani Christine, hakorwa ahareshya n’ibirometero bitatu.

Nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ibiganiro bitandukanye bijyanye n’isuku ahantu hose haba ku mubiri ndetse n’aho abantu batuye iki kiganiro cyatanzwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Gasana Stephen, hakurikiraho icyatanzwe n’umuyobozi wa polisi muri ako karere SP Jean Berchimas Dusengimana, abigisha ku kwirinda impanuka na gahunda y a polisi ku batwaye ibinyabiziga mu bukangurambaga bwa buzwi nka Gerayo Amahoro.

buri wa gatandatu wa Nyuma y’ukwezi ni umunsi wahariwe umuganda rusange mu gihugu hose aho buriwese aba asabwa kuwitabira mu rwego rwo guhuza imbaraga bakikemurira bimwe mu bibazo byasabwaga gukoresha izindi mbaraga.

nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ubutumwa bwo kwirinda impanuka muri gahunda ya polisi y’ubukangurambaga ya Gerayo amahoro.

Inzego zitandukanye zitabira umuganda rusange mu rwego rwo guhuza imbaraga.

Abakozi ba RCS Training school Rwamagana basoje umuganda barikumwe n’izindi nzego baganira kuri gahunda zitandukanye.

Inzego zitandukanye zitabira umuganda usoza ukwezi.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.