Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuganda rusange ngarukakwezi witabirwa n’Amagororero yose hakorwa ibikorwa bitandukanye

Umuganda rusange Ngarukakwezi ni igikorwa kimaze kumenyerwa ku Banyarwanda inshuti z’u Rwanda ndetse n’abarugenda, buriwese ku wagatandatu wa nyuma w’ukwezi aba asabwa kwitabira iki gikorwa cy’umuganda mu rwego rwo kwishakira bimwe mu bisubizo nkuko abanyarwanda babyiyemeje, aho abakozi b’Amagororero yose abakora ku cyicaro bose bitabira umuganda bagafatanya n’izindi nzego muri icyo gikorwa.

kuri uyu wa gatandatu taliki 27 Gicurasi 2023, Umuyobozi n’abakozi b’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, bitabiriye umuganda rusange ngarukakwezi, mu rwego rw’ ubufatanye bw’inzego zirimo iz’umutekano arizo RDF, RNP, mu bikorwa byubaka Igihugu, bifatanya n’abaturage b’Akarere ka Rwamagana ndetse na bamwe mu badepite bari bayobowe Depite Karemera Francis, bakora ibikorwa bitandukanye.

Abakozi b’Igororero rya Nyagatare nabo bitabiriye umuganda rusange bavugurura umuhanda werekeza ku Igororero ry’Abana rya Nyagatare, witabirwa n’inzego zitandukanye harimo iz’umutekano arizo RDF, RNP, Abakozi b’akarere ka Nyagatare ndetse n’abadepite bari bayobowe na depite Mukabunani Christine, hakorwa ahareshya n’ibirometero bitatu.

Nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ibiganiro bitandukanye bijyanye n’isuku ahantu hose haba ku mubiri ndetse n’aho abantu batuye iki kiganiro cyatanzwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Gasana Stephen, hakurikiraho icyatanzwe n’umuyobozi wa polisi muri ako karere SP Jean Berchimas Dusengimana, abigisha ku kwirinda impanuka na gahunda y a polisi ku batwaye ibinyabiziga mu bukangurambaga bwa buzwi nka Gerayo Amahoro.

buri wa gatandatu wa Nyuma y’ukwezi ni umunsi wahariwe umuganda rusange mu gihugu hose aho buriwese aba asabwa kuwitabira mu rwego rwo guhuza imbaraga bakikemurira bimwe mu bibazo byasabwaga gukoresha izindi mbaraga.

nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ubutumwa bwo kwirinda impanuka muri gahunda ya polisi y’ubukangurambaga ya Gerayo amahoro.

Inzego zitandukanye zitabira umuganda rusange mu rwego rwo guhuza imbaraga.

Abakozi ba RCS Training school Rwamagana basoje umuganda barikumwe n’izindi nzego baganira kuri gahunda zitandukanye.

Inzego zitandukanye zitabira umuganda usoza ukwezi.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.