Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuganda rusange ngarukakwezi witabirwa n’Amagororero yose hakorwa ibikorwa bitandukanye

Umuganda rusange Ngarukakwezi ni igikorwa kimaze kumenyerwa ku Banyarwanda inshuti z’u Rwanda ndetse n’abarugenda, buriwese ku wagatandatu wa nyuma w’ukwezi aba asabwa kwitabira iki gikorwa cy’umuganda mu rwego rwo kwishakira bimwe mu bisubizo nkuko abanyarwanda babyiyemeje, aho abakozi b’Amagororero yose abakora ku cyicaro bose bitabira umuganda bagafatanya n’izindi nzego muri icyo gikorwa.

kuri uyu wa gatandatu taliki 27 Gicurasi 2023, Umuyobozi n’abakozi b’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, bitabiriye umuganda rusange ngarukakwezi, mu rwego rw’ ubufatanye bw’inzego zirimo iz’umutekano arizo RDF, RNP, mu bikorwa byubaka Igihugu, bifatanya n’abaturage b’Akarere ka Rwamagana ndetse na bamwe mu badepite bari bayobowe Depite Karemera Francis, bakora ibikorwa bitandukanye.

Abakozi b’Igororero rya Nyagatare nabo bitabiriye umuganda rusange bavugurura umuhanda werekeza ku Igororero ry’Abana rya Nyagatare, witabirwa n’inzego zitandukanye harimo iz’umutekano arizo RDF, RNP, Abakozi b’akarere ka Nyagatare ndetse n’abadepite bari bayobowe na depite Mukabunani Christine, hakorwa ahareshya n’ibirometero bitatu.

Nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ibiganiro bitandukanye bijyanye n’isuku ahantu hose haba ku mubiri ndetse n’aho abantu batuye iki kiganiro cyatanzwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Gasana Stephen, hakurikiraho icyatanzwe n’umuyobozi wa polisi muri ako karere SP Jean Berchimas Dusengimana, abigisha ku kwirinda impanuka na gahunda y a polisi ku batwaye ibinyabiziga mu bukangurambaga bwa buzwi nka Gerayo Amahoro.

buri wa gatandatu wa Nyuma y’ukwezi ni umunsi wahariwe umuganda rusange mu gihugu hose aho buriwese aba asabwa kuwitabira mu rwego rwo guhuza imbaraga bakikemurira bimwe mu bibazo byasabwaga gukoresha izindi mbaraga.

nyuma y’umuganda abawitabiriye bahawe ubutumwa bwo kwirinda impanuka muri gahunda ya polisi y’ubukangurambaga ya Gerayo amahoro.

Inzego zitandukanye zitabira umuganda rusange mu rwego rwo guhuza imbaraga.

Abakozi ba RCS Training school Rwamagana basoje umuganda barikumwe n’izindi nzego baganira kuri gahunda zitandukanye.

Inzego zitandukanye zitabira umuganda usoza ukwezi.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.