Categories: Amakuru ya RCSSlider

Munsenyeri Harorimana yatuye Igitambo cya Misa mu Igororero rya Musanze, Musenyeri Kalimba nawe akora ivugabutumwa mu Igororero rya Muhanga

Iki gitambo cyatuwe uyumunsi na Nyiricyubahiro Munsenyeri Vicent Harorimana ni mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 125 inkuru nziza y’iyogezabutumwa itashe mu Rwanda, mu rwego rwo kwishimira umusaruro byagize mumuryango wa Gikirisitu, aganiriza abari mu Igororero ijambo ry’Imana n’uburyo bwo kwirinda ibyaha. Mu Igororero rya Muhanga naho Nyiricyubahiro umushumba wa Angilikani Diyosezi ya Shyogwe arikumwe na Korari Inzira y’ijuru ibarizwa muri paruwasi ya Shyogwe, bahakorera ivugabutumwa batanga ihumure kubahagororerwa.

Nkuko bisanzwe amadini ndetse n’amatorero atandukanye iyo abisabiye uburenganzira, yemererwa kujya gukorera umurimo w’Imana n’ivugabutumwa bwiza mu magororero atandukanye, kuko ibyo bikorwa byiza birimo ubutumwa bwiza buhumuriza abari mubihe biba bisaba gukomezwa, abantu bari mugagororero baba bkeneye cyane amagambo y’ihumure kuko bituma bamwe bemera kwiyegurira Imana bakayoboka inzira y’agakiza bagahinduka ku buryo bufatika, bakitandukanya n’ibyaha bakazasoza ibihano bakatiwe baragororotse.

Iyo abantu bari mu Igororero benshi bahakirira agakiza, biturutse ku butumwa bwiza bahabwa n’amadini n’amatorero atandukanye, bikagira umumaro kuko nkuko Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora rufite inshingano zo kugorora biri mu nshingano z’ingenzi rufite.

Munsenyeri Dr Kalimba Jered umushumba wa Angilikani Diyosezi ya Shyogwe yakoze ivugabutumwa mu Igororero rya Muhanga aherekejwe na Korari inzira y’ijuru yo muri parusi ya Shyogwe.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.