Iki gitambo cyatuwe uyumunsi na Nyiricyubahiro Munsenyeri Vicent Harorimana ni mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 125 inkuru nziza y’iyogezabutumwa itashe mu Rwanda, mu rwego rwo kwishimira umusaruro byagize mumuryango wa Gikirisitu, aganiriza abari mu Igororero ijambo ry’Imana n’uburyo bwo kwirinda ibyaha. Mu Igororero rya Muhanga naho Nyiricyubahiro umushumba wa Angilikani Diyosezi ya Shyogwe arikumwe na Korari Inzira y’ijuru ibarizwa muri paruwasi ya Shyogwe, bahakorera ivugabutumwa batanga ihumure kubahagororerwa.
Nkuko bisanzwe amadini ndetse n’amatorero atandukanye iyo abisabiye uburenganzira, yemererwa kujya gukorera umurimo w’Imana n’ivugabutumwa bwiza mu magororero atandukanye, kuko ibyo bikorwa byiza birimo ubutumwa bwiza buhumuriza abari mubihe biba bisaba gukomezwa, abantu bari mugagororero baba bkeneye cyane amagambo y’ihumure kuko bituma bamwe bemera kwiyegurira Imana bakayoboka inzira y’agakiza bagahinduka ku buryo bufatika, bakitandukanya n’ibyaha bakazasoza ibihano bakatiwe baragororotse.
Iyo abantu bari mu Igororero benshi bahakirira agakiza, biturutse ku butumwa bwiza bahabwa n’amadini n’amatorero atandukanye, bikagira umumaro kuko nkuko Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora rufite inshingano zo kugorora biri mu nshingano z’ingenzi rufite.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.