Categories: Amakuru ya RCS

CG Evariste Murenzi yibukije abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside 1994, kurangwa n’ubumuntu

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abakozi b’umwuga b’urwego bari mu byicyiro bitandukanye, harimo abavutse mbere ya Jenoside, abavutse mugihe yabaga n’abavutse nyuma yaho, ndetse na bamwe mubagize uruhare mu kuyihagarika bari abasirikare ba RPA, baharaniye ko Igihugu kibohorwa ingoyi y’umwanzi bakagarura amahoro abantu bakaba batekanye bishimira iterambere rishingiye kubumwe budaheza butagendera ku moko ayariyo yose.

Nagiriwubuntu Dieudone, umuyobozi wungirije w’urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri Kigisozi, ruruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari batuye mumujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, yatanze ikiganiro kigaruka ku mateka ya Jenoside nuko yahagaritswe.

Yagize ati”Abakoloni babibyemo amacakubiri abanyarwanda birangira bibagejeje kuri Jenoside, ni ubuyobozi bwagiye bubigiramo uruhare kuburyo bugaragara kuko hari aho ngo bakoze igerageza bica abatutsi, njye sinumva ukuntu wakora igerageza wica umuntu, byarakozwe ubuyobozi burebera, uwo mucyo wo kudahana niwo watumwe ibintu bifata indi ntera bikavamo Jenoside yahitanye inzirakarengane z’abatutsi basaga miliyoni, gusa ntabapfira gushira kuko Inkotanyi zaje kuhagoboka zihagarika Jenoside abantu bongera kubona ubuzima, ituze riragaruka, nkaba nsaba urubyuruko mwese guhangana n’ibikorwa by’ipfobya kuko hari abagifite ingengabitekerezo bashaka gupfobya Jenoside, buriwese ibigire umukoro tuyihashye kugirango ubumwe bw’abanyarwanda bukomeze gusagamba. Ubundi tubeho mu gihugu kizira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo dukomeze kwibuka twiyubaka. ”

Komiseri Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora  RCS, CG Evariste Murenzi,yasabye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka kurangwa n’indangagaciro za kimuntu, twirinda icyatuma igihugu cyacu cyongera kusubira mu bihe bibi nk’ibyakiranze muri Jenoside.

Yagize ati” Mugihe twibuka abari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside, buriwese yakabaye arangwa n’indangagaciro z’ubumuntu arangwa n’ubunyangamugayo, ubutwari n’ubupfura, kugeza ubu abo twibuka ni 18 kuko aribo babashije kumenyekana gusa wasanga hari n’abandi bataramenyekanye, kubibuka ni ngombwa kuko ni imbaraga igihugu cyabuze, bakaba barasize icyuho kinini mumiryango yabo no mukazi bakoraga, kubibuka rero ni mu rwego rwo kubaha agaciro no kubasubiza icyubahiro, ndagirango mbahe umukoro wo kuzajya gusura imiryango y’abari abakozi b’amagereza bishwe kugirango bumve ko tubahoza kumutima. Ndasabaabantu bose cyane abato guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Dukomeze kwibuka twiyubaka.

Abari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside bibukwaga babashije kumenyekana kugeza ubu ni 18, bibukwa burimwaka ariko haramutse hagize andi makuru amenyekana y’abandi bishwe bari abakozi b’amagereza nabo bakwongerwa ku rutonde rw’abibukwa.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.