Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Evariste Murenzi yibukije abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside 1994, kurangwa n’ubumuntu

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abakozi b’umwuga b’urwego bari mu byicyiro bitandukanye, harimo abavutse mbere ya Jenoside, abavutse mugihe yabaga n’abavutse nyuma yaho, ndetse na bamwe mubagize uruhare mu kuyihagarika bari abasirikare ba RPA, baharaniye ko Igihugu kibohorwa ingoyi y’umwanzi bakagarura amahoro abantu bakaba batekanye bishimira iterambere rishingiye kubumwe budaheza butagendera ku moko ayariyo yose.

Nagiriwubuntu Dieudone, umuyobozi wungirije w’urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri Kigisozi, ruruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari batuye mumujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, yatanze ikiganiro kigaruka ku mateka ya Jenoside nuko yahagaritswe.

Yagize ati”Abakoloni babibyemo amacakubiri abanyarwanda birangira bibagejeje kuri Jenoside, ni ubuyobozi bwagiye bubigiramo uruhare kuburyo bugaragara kuko hari aho ngo bakoze igerageza bica abatutsi, njye sinumva ukuntu wakora igerageza wica umuntu, byarakozwe ubuyobozi burebera, uwo mucyo wo kudahana niwo watumwe ibintu bifata indi ntera bikavamo Jenoside yahitanye inzirakarengane z’abatutsi basaga miliyoni, gusa ntabapfira gushira kuko Inkotanyi zaje kuhagoboka zihagarika Jenoside abantu bongera kubona ubuzima, ituze riragaruka, nkaba nsaba urubyuruko mwese guhangana n’ibikorwa by’ipfobya kuko hari abagifite ingengabitekerezo bashaka gupfobya Jenoside, buriwese ibigire umukoro tuyihashye kugirango ubumwe bw’abanyarwanda bukomeze gusagamba. Ubundi tubeho mu gihugu kizira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo dukomeze kwibuka twiyubaka. ”

Komiseri Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora  RCS, CG Evariste Murenzi,yasabye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka kurangwa n’indangagaciro za kimuntu, twirinda icyatuma igihugu cyacu cyongera kusubira mu bihe bibi nk’ibyakiranze muri Jenoside.

Yagize ati” Mugihe twibuka abari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside, buriwese yakabaye arangwa n’indangagaciro z’ubumuntu arangwa n’ubunyangamugayo, ubutwari n’ubupfura, kugeza ubu abo twibuka ni 18 kuko aribo babashije kumenyekana gusa wasanga hari n’abandi bataramenyekanye, kubibuka ni ngombwa kuko ni imbaraga igihugu cyabuze, bakaba barasize icyuho kinini mumiryango yabo no mukazi bakoraga, kubibuka rero ni mu rwego rwo kubaha agaciro no kubasubiza icyubahiro, ndagirango mbahe umukoro wo kuzajya gusura imiryango y’abari abakozi b’amagereza bishwe kugirango bumve ko tubahoza kumutima. Ndasabaabantu bose cyane abato guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Dukomeze kwibuka twiyubaka.

Abari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside bibukwaga babashije kumenyekana kugeza ubu ni 18, bibukwa burimwaka ariko haramutse hagize andi makuru amenyekana y’abandi bishwe bari abakozi b’amagereza nabo bakwongerwa ku rutonde rw’abibukwa.

basuye ibice bitandukanye by’urwibutso birimo ibinyetso bitandukanye byaranze amateka y’u Rwanda ndetse babona n’imwe mu mibiri ihari n’ibikoresho bitandukanye byakoreshejwe bica abatutsi mu 1994.
Ubwo komiseri Mukuru wa RCS yatangaga inkunga izafasha mu gukomeza kubungabunga ibimenyetso n’amateka.
Ubwo abakozi ba RCS bari mubyiciro bitandukanye bashyiraga indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rwego rwo kubaha agaciro.
CG Evariste Murenzi na DCG Rose Muhisoni , ubwo bashyiraga indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside bo mumujyi wa kigali no mu nkengero zawo ruri ku Gisozi.
Nagiriwubuntu Dieudone, umuyobozi w’urwibutso rwa Kigali wungirije, niwe watanze ikiganiro ku mateka yaranze u Rwanda asaba urubyiruko kwirinda ikintu cyose cyatuma hongera kubaho Jenoside.
Ubwo abayobozi ba RCS, bacanaga urumuri , nk’ikimenyetso cy’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
CG Evariste Murenzi yasabye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi b’amagereza gukomeza kurangwa n’umutima wa Kimuntu.
CG Evariste Murenzi ubwo yandikaga mu gitabo cyabasura urwibutso ku Gisozi.
Kugeza ubu abakozi bari abamagereza bibukwa babashije kumenyekana ni 18.
Nyuma y’igikorwa cyo kwibuka habayeho gufata ifoto y’urwibutso kubari bakitabiriye.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

2 hours ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.