Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Evariste Murenzi yibukije abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside 1994, kurangwa n’ubumuntu

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abakozi b’umwuga b’urwego bari mu byicyiro bitandukanye, harimo abavutse mbere ya Jenoside, abavutse mugihe yabaga n’abavutse nyuma yaho, ndetse na bamwe mubagize uruhare mu kuyihagarika bari abasirikare ba RPA, baharaniye ko Igihugu kibohorwa ingoyi y’umwanzi bakagarura amahoro abantu bakaba batekanye bishimira iterambere rishingiye kubumwe budaheza butagendera ku moko ayariyo yose.

Nagiriwubuntu Dieudone, umuyobozi wungirije w’urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri Kigisozi, ruruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari batuye mumujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, yatanze ikiganiro kigaruka ku mateka ya Jenoside nuko yahagaritswe.

Yagize ati”Abakoloni babibyemo amacakubiri abanyarwanda birangira bibagejeje kuri Jenoside, ni ubuyobozi bwagiye bubigiramo uruhare kuburyo bugaragara kuko hari aho ngo bakoze igerageza bica abatutsi, njye sinumva ukuntu wakora igerageza wica umuntu, byarakozwe ubuyobozi burebera, uwo mucyo wo kudahana niwo watumwe ibintu bifata indi ntera bikavamo Jenoside yahitanye inzirakarengane z’abatutsi basaga miliyoni, gusa ntabapfira gushira kuko Inkotanyi zaje kuhagoboka zihagarika Jenoside abantu bongera kubona ubuzima, ituze riragaruka, nkaba nsaba urubyuruko mwese guhangana n’ibikorwa by’ipfobya kuko hari abagifite ingengabitekerezo bashaka gupfobya Jenoside, buriwese ibigire umukoro tuyihashye kugirango ubumwe bw’abanyarwanda bukomeze gusagamba. Ubundi tubeho mu gihugu kizira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo dukomeze kwibuka twiyubaka. ”

Komiseri Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora  RCS, CG Evariste Murenzi,yasabye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka kurangwa n’indangagaciro za kimuntu, twirinda icyatuma igihugu cyacu cyongera kusubira mu bihe bibi nk’ibyakiranze muri Jenoside.

Yagize ati” Mugihe twibuka abari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside, buriwese yakabaye arangwa n’indangagaciro z’ubumuntu arangwa n’ubunyangamugayo, ubutwari n’ubupfura, kugeza ubu abo twibuka ni 18 kuko aribo babashije kumenyekana gusa wasanga hari n’abandi bataramenyekanye, kubibuka ni ngombwa kuko ni imbaraga igihugu cyabuze, bakaba barasize icyuho kinini mumiryango yabo no mukazi bakoraga, kubibuka rero ni mu rwego rwo kubaha agaciro no kubasubiza icyubahiro, ndagirango mbahe umukoro wo kuzajya gusura imiryango y’abari abakozi b’amagereza bishwe kugirango bumve ko tubahoza kumutima. Ndasabaabantu bose cyane abato guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Dukomeze kwibuka twiyubaka.

Abari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside bibukwaga babashije kumenyekana kugeza ubu ni 18, bibukwa burimwaka ariko haramutse hagize andi makuru amenyekana y’abandi bishwe bari abakozi b’amagereza nabo bakwongerwa ku rutonde rw’abibukwa.

basuye ibice bitandukanye by’urwibutso birimo ibinyetso bitandukanye byaranze amateka y’u Rwanda ndetse babona n’imwe mu mibiri ihari n’ibikoresho bitandukanye byakoreshejwe bica abatutsi mu 1994.
Ubwo komiseri Mukuru wa RCS yatangaga inkunga izafasha mu gukomeza kubungabunga ibimenyetso n’amateka.
Ubwo abakozi ba RCS bari mubyiciro bitandukanye bashyiraga indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rwego rwo kubaha agaciro.
CG Evariste Murenzi na DCG Rose Muhisoni , ubwo bashyiraga indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri y’abazize Jenoside bo mumujyi wa kigali no mu nkengero zawo ruri ku Gisozi.
Nagiriwubuntu Dieudone, umuyobozi w’urwibutso rwa Kigali wungirije, niwe watanze ikiganiro ku mateka yaranze u Rwanda asaba urubyiruko kwirinda ikintu cyose cyatuma hongera kubaho Jenoside.
Ubwo abayobozi ba RCS, bacanaga urumuri , nk’ikimenyetso cy’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
CG Evariste Murenzi yasabye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi b’amagereza gukomeza kurangwa n’umutima wa Kimuntu.
CG Evariste Murenzi ubwo yandikaga mu gitabo cyabasura urwibutso ku Gisozi.
Kugeza ubu abakozi bari abamagereza bibukwa babashije kumenyekana ni 18.
Nyuma y’igikorwa cyo kwibuka habayeho gufata ifoto y’urwibutso kubari bakitabiriye.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.