Nkuko bimaze kumenyerwa ko mumagororero yose hasigaye higishirizwa imyuga itandukanye izafasha abari mumagororero, basoje ibihano basubiye mu buzima busanzwe, abasoje bahabwa impamyabushobozi zigaragaza ko ibyo bize babizi, izo mpamyabushobozi zikaba zabafasha kuba babona akazi bakwiteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo.
Mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe naho abagore bahagororerwa bagira amahirwe yo kwiga ibijyanye n’iterambere ry’ubuhinzi, aho nabo abari bakurikiranye amasomo ajyanye no gukora ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere bugezweho, bizabafasha bageze mu buzima busanzwe bakaba babubyaza umusaruro bakora ubuhinzi n’ubworozi bujyanye n’igihe.
Abahawe impamyabushobozi ni 568 bo ku Igororero rya Rwamagana bari mu byiciro bine byari byarasoje bihererwa rimwe impamyabushobozi, hakaza abagore bo mu Igororero rya Nyamagabe nabo bagera kuri 40, basoje amahugurwa ajyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.