Nkuko bimaze kumenyerwa ko mumagororero yose hasigaye higishirizwa imyuga itandukanye izafasha abari mumagororero, basoje ibihano basubiye mu buzima busanzwe, abasoje bahabwa impamyabushobozi zigaragaza ko ibyo bize babizi, izo mpamyabushobozi zikaba zabafasha kuba babona akazi bakwiteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo.
Mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe naho abagore bahagororerwa bagira amahirwe yo kwiga ibijyanye n’iterambere ry’ubuhinzi, aho nabo abari bakurikiranye amasomo ajyanye no gukora ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere bugezweho, bizabafasha bageze mu buzima busanzwe bakaba babubyaza umusaruro bakora ubuhinzi n’ubworozi bujyanye n’igihe.
Abahawe impamyabushobozi ni 568 bo ku Igororero rya Rwamagana bari mu byiciro bine byari byarasoje bihererwa rimwe impamyabushobozi, hakaza abagore bo mu Igororero rya Nyamagabe nabo bagera kuri 40, basoje amahugurwa ajyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.