Nkuko bimaze kumenyerwa ko mumagororero yose hasigaye higishirizwa imyuga itandukanye izafasha abari mumagororero, basoje ibihano basubiye mu buzima busanzwe, abasoje bahabwa impamyabushobozi zigaragaza ko ibyo bize babizi, izo mpamyabushobozi zikaba zabafasha kuba babona akazi bakwiteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo.
Mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe naho abagore bahagororerwa bagira amahirwe yo kwiga ibijyanye n’iterambere ry’ubuhinzi, aho nabo abari bakurikiranye amasomo ajyanye no gukora ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere bugezweho, bizabafasha bageze mu buzima busanzwe bakaba babubyaza umusaruro bakora ubuhinzi n’ubworozi bujyanye n’igihe.
Abahawe impamyabushobozi ni 568 bo ku Igororero rya Rwamagana bari mu byiciro bine byari byarasoje bihererwa rimwe impamyabushobozi, hakaza abagore bo mu Igororero rya Nyamagabe nabo bagera kuri 40, basoje amahugurwa ajyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.