Igiterane cy’ivugabutumwa cyitabiriwe n’abantu bafunze n’abagororwa basaga 1,500 baturutse mumatorero atandukanye abarizwa muri iri gororero hamwe n’abashyitsi bari baturutse hanze mu itorero ry’ ADEPR bayobowe na Pastor Nshuti Jean Baptiste na korari Hoziyana, yari yaje gukora ivugabutumwa, itanga ubutumwa bwiza bw’Imana ibunyujije mu ndirimbo no kubataramira, murwego rwogufasha abari mu Igororero kwegerana n’Imana.
Ni ivugabutumwa ryari ririmo n’umuhango wo kubatiza bari bamaze iminsi bahabwa inyigisho z’umubatizo, aho abagera kuri 228 babatijwe mumazi menshi, nkuko itoreroro rya ADEPR ribigenza kuwakiriye agakiza akemera guhinduka ko agomba kubanza kubatizwa mumazi menshi, nk’ikimenyetso kigaragaza kuvuka bundi bushya mu mwuka, ukiyegurira Imana,aribyo byitwa kuvuka bwa kabiri, muri iryo vugabutumwa Pasitori Nshuti Jean Baptiste na PasitoriNsengimana Charles bo mu Itorero rya ADEPR ururembo rwa Nyarugenge nibo bigishije ijambo ry’Imana.
Basoje ivugabutumwa batanze inkunga y’ibikoresho bitandukanye birimo ibitabo by’indirimbo, za bibiliya, udukoresho tubika indirimbo(flash disk) ziriho indirimbo za Hoziyana, indangururamajwi, ibikoresho by’isuku, isukari byose hamwe bifite agaciro kasaga miriyoni ishanu n’igice, byanejeje abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge bitabiriye ivugabutumwa.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.