Nyiricubahiro Musenyeri Nathan Amooti Rusengo, akigera ku Igororero yatunguwe n’isuku yasanze ku Igororero rya Nyarugenge ndetse no ku bagororwa bahagororerwa, anezezwa n’Igikorwaremezo kimaze kuhagezwa cy’umuhanda wa kaburimbo, asiga abemereye ubufasha bw’intebe aho basengera mu rwego rwo kurushaho gutuma ahantu hitiriwe izina ry’Imana hakomeza gusa neza.
Abitabiriye ivugabutumwa bigishijwe ijambo ry’Imana na Nyiricyubahiro Musenyeri Rusengo Amooti, abasaba gukomeza gukizwa no kwirinda ibyaha nubwo bari mu Igororero, kuko hari n’abandi bizera bibiliya ivuga barimo ba Pawulo, banyuze mu bihe nk’ibyo barimo bagakomeza guhamya kwizera kandi igihe cyaje kugera bahasohokana ubuhamya ko Imana ntakiyinanira ahubwo aba ari ukugira ngo igaragaze gukomera kwayo.
Abitabiriye amateraniro banejejwe n’ubutumwa bagishijwe n’umushumba wa Anglican Diyosezi ya Kigali, kubw’amagambo meza abakomeza imitima bumvise azababera inkomezi y’uregendo rw’ubuzima barimo kandi bakaba banasobanukiwe ko byose bibaho kubw’umugambi w’Imana hari isomo iba ishaka kukwigisha, bisaba kumenya uko witwara muri urwo rugendo ugakomeza guhamya kwemera.
Nyuma yo kwigishwa ijambo ry’Imana habayeho umuhango w’idini wo gukomeza abagororwa bagera kuri 75 ndetse basangira igaburo ryera nkuko bikorwa mu nsengero zitandukanye abakirisito bakarihabwa n’abashumba b’amatorero.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.