Categories: Amakuru ya RCSSlider

Munsenyeri Amooti Rusengo, yanejejwe n’isuku yasanze mu Igororero rya Nyarugenge mu ivugabutumwa yahakoreye

Nyiricubahiro Musenyeri Nathan Amooti Rusengo, akigera ku Igororero yatunguwe n’isuku yasanze ku Igororero rya Nyarugenge ndetse no ku bagororwa bahagororerwa, anezezwa n’Igikorwaremezo kimaze kuhagezwa cy’umuhanda wa kaburimbo, asiga abemereye ubufasha bw’intebe aho basengera mu rwego rwo kurushaho gutuma ahantu hitiriwe izina ry’Imana hakomeza gusa neza.   

Abitabiriye ivugabutumwa bigishijwe ijambo ry’Imana na Nyiricyubahiro Musenyeri Rusengo Amooti, abasaba gukomeza gukizwa no kwirinda ibyaha nubwo bari mu Igororero, kuko hari n’abandi bizera bibiliya ivuga barimo ba Pawulo, banyuze mu bihe nk’ibyo barimo bagakomeza guhamya kwizera kandi igihe cyaje kugera bahasohokana ubuhamya ko Imana ntakiyinanira ahubwo aba ari ukugira ngo igaragaze gukomera kwayo.

Abitabiriye amateraniro banejejwe n’ubutumwa bagishijwe n’umushumba wa Anglican Diyosezi ya Kigali, kubw’amagambo meza abakomeza imitima bumvise azababera inkomezi y’uregendo rw’ubuzima barimo kandi bakaba banasobanukiwe ko byose bibaho kubw’umugambi w’Imana hari isomo iba ishaka kukwigisha, bisaba kumenya uko witwara muri urwo rugendo ugakomeza guhamya kwemera.

Nyuma yo kwigishwa ijambo ry’Imana habayeho umuhango w’idini wo gukomeza abagororwa bagera kuri 75 ndetse basangira igaburo ryera nkuko bikorwa mu nsengero zitandukanye abakirisito bakarihabwa n’abashumba b’amatorero.

Nyiricubahiro Musenyeri Nathan Rusengo Amooti, yasabye abari mu Igororero gukomeza gukizwa kuko ataribo bambere baba baciye muri ibyo bihe.
Hari abagororwa bagera kuri 75 bakorewe umuhango wo gukomezwa na Nyiricubahiro Musenyeri Amooti Rusengo.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.