Categories: Amakuru ya RCSSlider

Munsenyeri Amooti Rusengo, yanejejwe n’isuku yasanze mu Igororero rya Nyarugenge mu ivugabutumwa yahakoreye

Nyiricubahiro Musenyeri Nathan Amooti Rusengo, akigera ku Igororero yatunguwe n’isuku yasanze ku Igororero rya Nyarugenge ndetse no ku bagororwa bahagororerwa, anezezwa n’Igikorwaremezo kimaze kuhagezwa cy’umuhanda wa kaburimbo, asiga abemereye ubufasha bw’intebe aho basengera mu rwego rwo kurushaho gutuma ahantu hitiriwe izina ry’Imana hakomeza gusa neza.   

Abitabiriye ivugabutumwa bigishijwe ijambo ry’Imana na Nyiricyubahiro Musenyeri Rusengo Amooti, abasaba gukomeza gukizwa no kwirinda ibyaha nubwo bari mu Igororero, kuko hari n’abandi bizera bibiliya ivuga barimo ba Pawulo, banyuze mu bihe nk’ibyo barimo bagakomeza guhamya kwizera kandi igihe cyaje kugera bahasohokana ubuhamya ko Imana ntakiyinanira ahubwo aba ari ukugira ngo igaragaze gukomera kwayo.

Abitabiriye amateraniro banejejwe n’ubutumwa bagishijwe n’umushumba wa Anglican Diyosezi ya Kigali, kubw’amagambo meza abakomeza imitima bumvise azababera inkomezi y’uregendo rw’ubuzima barimo kandi bakaba banasobanukiwe ko byose bibaho kubw’umugambi w’Imana hari isomo iba ishaka kukwigisha, bisaba kumenya uko witwara muri urwo rugendo ugakomeza guhamya kwemera.

Nyuma yo kwigishwa ijambo ry’Imana habayeho umuhango w’idini wo gukomeza abagororwa bagera kuri 75 ndetse basangira igaburo ryera nkuko bikorwa mu nsengero zitandukanye abakirisito bakarihabwa n’abashumba b’amatorero.

Nyiricubahiro Musenyeri Nathan Rusengo Amooti, yasabye abari mu Igororero gukomeza gukizwa kuko ataribo bambere baba baciye muri ibyo bihe.
Hari abagororwa bagera kuri 75 bakorewe umuhango wo gukomezwa na Nyiricubahiro Musenyeri Amooti Rusengo.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.