Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagore bakora umwuga wo kugorora bagize umwanya wo kuganirizwa n’abatumirwa kubunyamwuga nabo bababaza ibibazo

Nyuma y’uko Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr Vicent Biruta, amaze gutangiza umwiherero w’abagore bakora umwuga wo kugorora abawitabiriye baganirijwe n’abatumirwa batandukanye ku buryo barushaho gukora akazi kabo neza bitabangamiye n’inshingano z’umuryango; abitabiriye babonye umwanya wo kubaza ibibazo.

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B Thierry, yabaganirije uko bakora akazi badakoreshejwe n’amarangamutima ibyiswe mu ndimi z’ amahanga Emotional intelligence.

Yagize ati” Mu kazi ka buri munsi mukora usanga higanjemo amarangamutima ariko uba ugomba  kwirinda gukoreshwa nayo cyane. Umuntu muzima wese arangwa n’amarangamutima, ariko icyo usabwa wowe ni ukumenya uburyo witwara iyo uhuye n’umuntu ugomba kumufasha mu gatandukana yanyuzwe utamuhutaje serivisi yari agukeneyeho akayibona uko bikwiriye kandi ntibigire icyo byangiza ku kazi ushinzwe.  Kumenya gucunga amarangamutima yawe mu kazi kawe ka burimunsi ni ingenzi.”

Umubyeyi Marie Mediatrice, uhagarariye Inama y’abagore Ku rwego rw’Igihugu nawe   yaganirije abitabiriye umwiherero abaganiriza ku buryo akazi wagahuza n’inshingano z’umuryango kandi byose bikagenda neza.

Yagize ati” Ugomba kwirinda kuvanga akazi n’inshingano z’urugo, ukamenya ko uri mu kazi uba ugomba gukora akazi kandi ukagakora neza wagera no mu rugo na bwo ukamenya ko ugomba kwita ku nshingano z’urugo nazo ukagazikora neza uko bikwiriye.  Aime Muziranenge, ukora muri UNDP mu ishami ry’imiyoborere yabwiye abitabiriye umwiherero   ko mu buzima bwose wabamo ugomba guhora wiga kandi ugashyira igihugu imbere.

Yagize ati” Mu buzima ubamo bwose ujye uhora wiyungura ubumenyi, benshi birabagora ariko iyo ufite ishyaka birakunda. Banza ukunde igihugu mbere ya byose kuko ari cyo mubyeyi wa twese, ukunde akazi uharanira iterambere ryawe n’iry’Igihugu muri rusange ubihuze kandi n’inshingano z’umuryango.”

Madamu Sophie Musabeyezu, waturutse mu muryango DiDe, yatanze ikiganiro ku buryo bwo kwirinda umuhangayiko (stress management) wirinda bimwe mu bintu bidafite umumaro.

Yagize ati “Hari benshi bafata umwanya munini kuri za telefone n’ibindi bintu bitari ngombwa ugasanga bibongereye umunaniro n’umuhangayiko kandi bidakwiriye, ndabasaba kugira bimwe mureka bitari ngombwa mugaha umwanya ibikwiriye kugirango mwirinde ibyo bintu byatuma umuhangayiko wiyongera.”

CSP Therese Kubwimana umuvugizi wa RCS, yabaganirije ku bunyamwuga n’uburambe yitangaho urugero nk’umwe mu bamaze igihe mu mwuga wo kugorora.

Yagize ati” Maze Imyaka 32 muri aka kazi kajyanye no no kwita ku buzima bw’abantu bari mu magororero, murumva ko ari ibintu mazemo igihe kandi nabonye byinshi, icyo musabwa ni ugukunda akazi mukirinda icyatuma muba ikibazo ku bayozi banyu ahubwo mukaba ibisubizo aho mukorera.”

Uyu mwiherero wari uri kuba ku nshuro yawo ya gatanu, ukunze kuba rimwe mu mwaka, ugambiriye gufasha abagore bakora umwuga wo kugorora gukora akazi kinyamwuga no kurushaho gukora akazi bagahuza n’inshingano z’umuryango bafite nk’abagore n’ababyeyi.

Dr Murangira B.Thierry umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha RIB yatanze ikiganiro ku gucunga amarangamutima mu kazi (Emotional Intelligence).
Madamu Umubyeyi Marie Mediatrice, uhagarariye abagore k’urwego rw’Igihugu yatanze ikiganiro ku guhuza inshingano n’akazi.
Abitabiriye umwiherero bahawe umwanya barisanzura babaza ibibazo ku bijyanye n’ibiganiro bitandukanye bahawe.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

8 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.