Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Biruta yasabye abitabiriye umwiherero w’abagore bakora umwuga wo kugorora, kumenya guhuza akazi n’inshingano z’umuryango

Mu mwiherero w’umunsi umwe w’abagore bakora umwuga wo kugorora, uri kubera muri Kigali Convention Centre, witabiriwe n’abatumirwa batandukanye, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr Vicent Biruta  ni we wari umushyitsi mukuru akaba ari nawe wafunguye uyu mwiherero ku mugaragaro ashimira abagore bakora umwuga wo kugorora usaba ubwitange.

Umuyobozi wungirije w’umuryango w’abibumbye ushinzwe iterambere mu Rwanda(UNDP), Ms. Nana Chinbuah Ari nabo baterankunga b’iki gikorwa yavuze ko bazakomeza kugira uruhare mu Iterambere ry’abagore bakora umwuga wo kugorora.

Yagize ati” uyu mwiherero ni umwanya mwiza wo kuganira n’abagore bakora umwuga wo kugorora cyane mu gutuma barushaho kwigirira icyizere no kububakamo ubushobozi bwo kumva ko abagore bashoboye, mu by’ukuri kubona abagore bakora mu nzego z’umutekano birashimishije cyane”.  Yasabye abitabiriye inama kujya bafatira urugero ku bababanjirije mu kazi baharanira gukora akazi kabo kinyamwuga.”

CG Evariste Murenzi Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rishinzwe Igorora (RCS) yashimiye abashyitsi bitabiriye ubutumire  bwa RCS anasaba abagore bakora umwuga wo kugorora bitabiriye umwiherero gukomeza kurangwa n’ubunyamwuga n’ikinyabupfura.

Yagize ati” Ndashimira mwese mwitabiriye iri huriro harimo abatumirwa; iri huriro rigamije gufasha abagore bakora umwuga wo kugorora kubigisha uburyo baharanira kugira imibereho myiza, kubongerera ubushobozi maze bikabafasha  kurushaho kugira iterambere rirambye ku Gihugu ,ku rwego bakorera no ku muryango yabo. Ibi bikaba kugira imyitwarire myiza mu kazi (discipline).

Muri uyu mwiherero Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Dr Vicent Biruta, yasabye abitabiriye umwiherero kugerageza guhuza akazi n’inshingano z’urugo ntihagire ikibangamira ikindi.

Yagize ati” Mbere na mbere ndabashimira amahitamo mwagize yo guhitamo umwuga mukora usaba ubwitange no kuba mukunda Igihugu; utagira kwihangana biragoye kuba wakora aka kazi mukora. Ndabasaba rero  ko mu byo mukora byose mugomba  kumenya guhuza akazi n’inshingano z’umuryango ntihagire ikibangamira ikindi kandi byose bigakorwa hagamijwe kugera ku iterambere rirambye kuko twese tuzi uruhare rw’umugore mu Gihugu no mu mumuryango.” Uyu ni umwiherero ubaye ku nshuro ya gatanu ukitabirwa n’abagore bakora umwuga wo kugorora, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo no kurebera hamwe icyatuma abagore barushaho gukora akazi kabo kinyamwuga.

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr Vicent Biruta yasabye abitabiriye umwiherero guhuza inshingano z’umuryango n’akazi bakora ntihagire ikibangamira ikindi.
Ms. Nana Chinbuah umuyobozi wungirije muri UNDP ari nabo baterankunga b’uyu mwiherero yavuze ko bazakomeza kubaba hafi muri gahunda zose.
CG Evariste Murenzi, Komiseri mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora yasabye abitabiriye umwiherero ko ibyo bakora byose bagomba kuzamura urwego rw’ikinyabupfura.
Umwiherero ugamije gufasha abagore bakora umwuga wo kugorora uburyo bakwiteza imbere bahuza inshingano z’umuryango n’akazi.
Umwiherero witabiriwe n’abatumirwa batandukanye baturutse mu miryango n’ibigo bitandukanye mu rwego rwo kuganiriza abitabiriye abagore bakora umwuga wo kugorora kinyamwuga.
Bamwe mu batumirwa bakora mu bigo bitandukanye baganirije abitabiriye umwiherero ko ibyo bakora byose bagomba kubikora kinyamwuga kandi bafite n’abo bafatiraho urugero bababanjirije mu nshingano.
Umwiherero witabiriwe n’abagore bakora umwuga wo kugorora baturutse ku magororero yose mu gihugu.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.