Categories: Amakuru ya RCSSlider

Mu magororero yose hatangijwe inyigisho z’Igororamuco zigamije gutegura Abagororwa gusubira mu buzima busanzwe

Kugira ngo hatekerezwe ubu buryo byaturutse ku bibazo byagiye bigaragara, aho wasangaga uwakoze icyaha asoza ibihano yasubira mu sosiyete nyarwanda bikamugora kubana nabo asanze, ugasanga bimugizeho izindi ngaruka zirimo kwiheba, kwigunga, kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ndetse bamwe bikanatuma bongera no kugwa mu byaha bakisanga bongeye kugaruka mu Igororero nta gihe kinini bamaze basoje ibihano barasubiye mu buzima busanzwe.

Ni muri urwo rwego RCS, yateguye integanyanyigisho y’igororamuco, igamije gutegura usigaje igihe gito ngo asoze ibihano asubire mu buzima busanzwe, yigishwe  inyigisho zitandukanye zizamufasha kwisanga muri sosiyete azaba asanze yumva nta kintu gishya  agiye guhura nacyo kidasanzwe, aho abazajya bahabwa izo nyigisho bazigishwa kwihangira imirimo, kubana neza nabo basanze, kwigirira icyizere, kubahiriza gahunda za Leta, ubureremboneragihugu, ndetse no kwigishwa imyuga itandukanye izabagirira akamaro biteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo ndetse n’igihugu muri rusange.

Gahunda ya Leta ni ukugorora uwakoze icyaha bitandukanye no mubihe byo hambere aho uwakoze icyaha yafungwaga agakora igihano cy’icyaha yakoze yasoza ibihano akarekurwa ntakumutegura bibayeho, aribyo byanatumaga habaho insubiracyaha nyinshi.

umuyobozi w’Igororero rya Huye, SP Innocent Ngirikiringo atangiza umahugurwa ajyanye n’Igororamuco ategura ababura igihe gito bagasoza ibihano.

Aha ni ku Igororero rya Rusizi igihe hatangizwaga amahugurwa ategura abasigaje igihe gito ngo basure mubuzima busanzwe.

Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Fatuma Mutesi atangiza amahugurwa y’Igororamuco.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.