Kugira ngo hatekerezwe ubu buryo byaturutse ku bibazo byagiye bigaragara, aho wasangaga uwakoze icyaha asoza ibihano yasubira mu sosiyete nyarwanda bikamugora kubana nabo asanze, ugasanga bimugizeho izindi ngaruka zirimo kwiheba, kwigunga, kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ndetse bamwe bikanatuma bongera no kugwa mu byaha bakisanga bongeye kugaruka mu Igororero nta gihe kinini bamaze basoje ibihano barasubiye mu buzima busanzwe.
Ni muri urwo rwego RCS, yateguye integanyanyigisho y’igororamuco, igamije gutegura usigaje igihe gito ngo asoze ibihano asubire mu buzima busanzwe, yigishwe inyigisho zitandukanye zizamufasha kwisanga muri sosiyete azaba asanze yumva nta kintu gishya agiye guhura nacyo kidasanzwe, aho abazajya bahabwa izo nyigisho bazigishwa kwihangira imirimo, kubana neza nabo basanze, kwigirira icyizere, kubahiriza gahunda za Leta, ubureremboneragihugu, ndetse no kwigishwa imyuga itandukanye izabagirira akamaro biteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo ndetse n’igihugu muri rusange.
Gahunda ya Leta ni ukugorora uwakoze icyaha bitandukanye no mubihe byo hambere aho uwakoze icyaha yafungwaga agakora igihano cy’icyaha yakoze yasoza ibihano akarekurwa ntakumutegura bibayeho, aribyo byanatumaga habaho insubiracyaha nyinshi.
umuyobozi w’Igororero rya Huye, SP Innocent Ngirikiringo atangiza umahugurwa ajyanye n’Igororamuco ategura ababura igihe gito bagasoza ibihano.
Aha ni ku Igororero rya Rusizi igihe hatangizwaga amahugurwa ategura abasigaje igihe gito ngo basure mubuzima busanzwe.
Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Fatuma Mutesi atangiza amahugurwa y’Igororamuco.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.