Categories: Amakuru ya RCSSlider

Mu magororero yose hatangijwe inyigisho z’Igororamuco zigamije gutegura Abagororwa gusubira mu buzima busanzwe

Kugira ngo hatekerezwe ubu buryo byaturutse ku bibazo byagiye bigaragara, aho wasangaga uwakoze icyaha asoza ibihano yasubira mu sosiyete nyarwanda bikamugora kubana nabo asanze, ugasanga bimugizeho izindi ngaruka zirimo kwiheba, kwigunga, kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ndetse bamwe bikanatuma bongera no kugwa mu byaha bakisanga bongeye kugaruka mu Igororero nta gihe kinini bamaze basoje ibihano barasubiye mu buzima busanzwe.

Ni muri urwo rwego RCS, yateguye integanyanyigisho y’igororamuco, igamije gutegura usigaje igihe gito ngo asoze ibihano asubire mu buzima busanzwe, yigishwe  inyigisho zitandukanye zizamufasha kwisanga muri sosiyete azaba asanze yumva nta kintu gishya  agiye guhura nacyo kidasanzwe, aho abazajya bahabwa izo nyigisho bazigishwa kwihangira imirimo, kubana neza nabo basanze, kwigirira icyizere, kubahiriza gahunda za Leta, ubureremboneragihugu, ndetse no kwigishwa imyuga itandukanye izabagirira akamaro biteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo ndetse n’igihugu muri rusange.

Gahunda ya Leta ni ukugorora uwakoze icyaha bitandukanye no mubihe byo hambere aho uwakoze icyaha yafungwaga agakora igihano cy’icyaha yakoze yasoza ibihano akarekurwa ntakumutegura bibayeho, aribyo byanatumaga habaho insubiracyaha nyinshi.

umuyobozi w’Igororero rya Huye, SP Innocent Ngirikiringo atangiza umahugurwa ajyanye n’Igororamuco ategura ababura igihe gito bagasoza ibihano.

Aha ni ku Igororero rya Rusizi igihe hatangizwaga amahugurwa ategura abasigaje igihe gito ngo basure mubuzima busanzwe.

Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Fatuma Mutesi atangiza amahugurwa y’Igororamuco.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.