Kugira ngo hatekerezwe ubu buryo byaturutse ku bibazo byagiye bigaragara, aho wasangaga uwakoze icyaha asoza ibihano yasubira mu sosiyete nyarwanda bikamugora kubana nabo asanze, ugasanga bimugizeho izindi ngaruka zirimo kwiheba, kwigunga, kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ndetse bamwe bikanatuma bongera no kugwa mu byaha bakisanga bongeye kugaruka mu Igororero nta gihe kinini bamaze basoje ibihano barasubiye mu buzima busanzwe.
Ni muri urwo rwego RCS, yateguye integanyanyigisho y’igororamuco, igamije gutegura usigaje igihe gito ngo asoze ibihano asubire mu buzima busanzwe, yigishwe inyigisho zitandukanye zizamufasha kwisanga muri sosiyete azaba asanze yumva nta kintu gishya agiye guhura nacyo kidasanzwe, aho abazajya bahabwa izo nyigisho bazigishwa kwihangira imirimo, kubana neza nabo basanze, kwigirira icyizere, kubahiriza gahunda za Leta, ubureremboneragihugu, ndetse no kwigishwa imyuga itandukanye izabagirira akamaro biteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo ndetse n’igihugu muri rusange.
Gahunda ya Leta ni ukugorora uwakoze icyaha bitandukanye no mubihe byo hambere aho uwakoze icyaha yafungwaga agakora igihano cy’icyaha yakoze yasoza ibihano akarekurwa ntakumutegura bibayeho, aribyo byanatumaga habaho insubiracyaha nyinshi.
umuyobozi w’Igororero rya Huye, SP Innocent Ngirikiringo atangiza umahugurwa ajyanye n’Igororamuco ategura ababura igihe gito bagasoza ibihano.
Aha ni ku Igororero rya Rusizi igihe hatangizwaga amahugurwa ategura abasigaje igihe gito ngo basure mubuzima busanzwe.
Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Fatuma Mutesi atangiza amahugurwa y’Igororamuco.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.