Categories: Amakuru ya RCSSlider

Kugorora ntibirangirira munyigisho gusa, kubari mu Igororero bahabwa n’umwanya wo kwidagadura

Aha niho usanga amakipe y’abari mumagororero usanga ahura n’abakozi b’amagororero bagakinana imikino itandukanye, muburyo bwo gusabana nkaho kuri uyu wa 19 Nyakanga 2023, abagize ikipe y’umupira w’amaguru y’abagororerwa mu Igororero rya Rwamagana, bakinnye n’ikipe y’abakozi b’Igororero rya Rwamagana, umukino urangira ikipe y’Abagororwa batsinze iy’abakozi ibitego bibiri kuri kimwe.

Uyu mukino witabiriwe n’abafana b’abagororwa, abakozi batandukanye b’Igororero rya Rwamagana, ibintu bisanzwe bikorwa no kuyandi magororero, murwego rwo kwimakaza siporo no kurwanya zimwe mundwara ziterwa no kutidagadura, zirimo kwiheba, kwigunga ndetse n’izindi, kuko iyo uhugiye mukibuga udashobora kwigunga cyangwa ngo utekereze ibintu bibi bikujyana kure, rikaba ari naryo banga abantu benshi bakoresha birinda ibibazo bikabarinda gusaza vuba.

Umukino urangiye Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Ephraim Gahungu, yaganiriye n’amakipe yombi, abanza kubashimira uburyo bitwaye mukibuga.

Yagize ati” Ndabanza kubashimira uburyo mwitwaye neza mukibuga umukino ukaba urangiye ntanumwe ugize ikibazo, ubundi kubazi akamaro ka siporo ni ingezi kuri burimuntu wese, iyo ukora siporo hari indwara zidapfa kugufata uko ziboneye, niyo mpamvu ubona abasiporitifu badapfa gusaza vuba, kuko nta mwanya wogupfusha ubusa baba bafite, ndabibutsa ko mbere yuko muba abagororwa muri abanyarwanda niyo mpamvu duhura tugakina ntakwishishanya, umuntu ukora siporo arangwa n’ikinyabupfura niyo mpamvu mbasaba kujya mwubahiriza amategeko n’amabwiriza bigenga umuntu ufunze kuko bizabafasha gusoza ibihano byanyu neza.

Umuntu wakoze icyaha bikaba ngombwa ko ajya gukora ibihano by’icyo cyaha mu Igororero hari uburenganzira aba afite nk’ikiremwamuntu, aribwo kurya, kwambara, kuvuzwa, kwidagadura, gusenga, ndetse no gusurwa n’inshuti ndetse n’imiryango, kuko aba abyemererwa n’amategeko.

Aba ni Abagororwa b’Igororero rya Rwamagana ubwo bari kukibuga bari gufana bagenzi babo.

Ubwo amakipe abiri  yari ari mukibuga murwego rwo gukora siporo kuko ari ingenzi ku bantu bose.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.