Iyi gahunda yo kuganiriza Abororwa bari kurangiza ibihano bahamijwe ibyaha bya Jonoside, bigirwamo uruhare na Minisiteri y’ubumwe n’ubudahenwa by’abanyarwanda, mu rwego rwo kubategura gusubira mu buzima busanzwe bakabana neza nabo bahemukiye bakabicira ababo nkuko gahunda Leta y’U Rwanda yahaye yo kugira igihugu cyunze ubumwe, aho abari gusoza ibihano batagurwa bakigishwa inyigisho zitandukanye zirimo kwirinda ikintu icyaricyo cyose cyatuma bongera kwisanga mu macakubiri.
Ni igikorwa cyitabirwe na Komiseri Mukuru wungirije w’urwego rw’u Rwnda rushinzwe Igorora RCS, DCG Rose Muhisoni wasbye abitgura gusoza ibihano gukurikirana neza inyigisho bahabwa, ababwira ko izo nyigisho zizabafasha kubana neza mumuryango nyarwanda, asoza ashimira Minisitiri Bizimana waje gutanga ikiganiro kuri aba bagororwa.
Minisitiri Bizimana mu ijambo yagejeje ku bagororwa bariguhabwa inyigisho, yabasabye kuzagenda barahindutse kuko icyaha bakoze ari indengakamere ko bagomba kuzasubira mu buzima buzanzwe bagaragaza ko bahindutse, ahubwo bashishikajwe no kubaka igihugu kizira amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside kuko Leta y’u Rwanda icyo ishyize imbere ari iterembere ry’abaturage n’ubumwe bw’abanyarwanda.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego z’umutekano, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe ndetse n’abakozi b’umwuga b’urwego bakorera ku Igororero ry’abagore rya Nyamagabe.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.