Abarangije aya mahugurwa bagizwe n’abakobwa 200 ndetse na basaza babo 346, bose biyemeje gukorera Igihugu, batanga umusanzu mu kugorora no gucungira umutekano abagororwa n’abantu bafunze.
Umuyobozi w’Ishuri ry’amahugurwa rya RCS; SSP Jean Pierre Olivier Bazambanza, yavuze ko mu mezi 11 bari bamaze, bahawe amasomo yo kugorora, amasomo ya gisirikare arimo gukoresha intwaro n’imyitwarire inoze, imyitozo njyarugamba yo kubafasha kwirinda no gucunga umutekano w’abagororwa n’abantu bafunze.
Senior Superintendent Olivier Bazambanza; umuyobozi wa RCS Traning School Rwamagana
Yagize ati “bize amasomo atandukanye abaha ubumenyi, ubushobozi n’imyitwarire ya kinyamwuga isabwa abakozi bato b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora. Bahawe ubumenyi ku byerekeye kugorora no kubahiriza uburenganzira bw’abafunzwe, bize amasomo ya Gisirikare arimo ikoreshwa ry’imbunda, amasomo n’imyitozo ibaha ubushobozi bwo kugira ‘discipline’ ndetse n’ubushobozi bwo kumva amabwiriza hamwe n’imyitozo ngororamubiri.”
SSP Bazambanza yasobanuye ko batangiye aya mahugurwa ari abanyeshuri 550, ariko 2 ntibabasha gusoza amahugurwa ku mpamvu z’imyitwarire ihabanye nindangagaciro z’Urwego rw’urwanda rushinzwe Igorora, mu gihe abandi 2 bo boherejwe kwiga amasomo ya Kaminuza mu Ishuri rikuru rya Polisi (NPC).
Minisitiri Biruta yashimiye aba banyeshuri 546 basoje amahugurwa, kubwo gukunda Igihugu no gushishikarira kugikorera. Yabasabye gukomeza gukunda igihugu mu nshingano bagiyemo bimakaza indangagaciro z’igorora no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Ati “tubatezeho kubumbatira umutekano w’Igihugu biciye mu gucunga neza amagarorero muzaba mukoreraho, mushyira mu bikorwa inyigisho zo kugorora nkuko mwazihawe, mwita ku burenganzira bw’abafunzwe, mwirinda imyifatire igayitse no kwishora mu byaha n’amakosa y’akazi.”
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta yatanze ipeti rya Warder ku banyeshuri 546 bashoje amahugurwa y’amezi 11 mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora.
Abanyeshuri 3 bahize abandi bahawe ibihembo.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.