Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagororwa bajya mu bikorwa nyongeramusaruro bishimira ko bibafasha mu buryo bw’amikoro no kugira ubuzima buzira umuze

Abagororwa bajya mu bikorwa nyongeramusaruro nk’ububumbyi bw’amatafari n’amategura, ubukorikori n’ubugeni bavuga ko bibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi kuko bahabwa 10% kuri buri muntu wese wakoze bitewe n’ibyo yakoze, inyungu yinjije mu mafaranga bityo bigatuma abona ibyo akeneye adasabye ubufasha abo mu muryango we.

Abagororwa kandi cyane cyane abageze mu myaka y’izabukuru bajya muri iyi mirimo nyongeramusaruro bavuga ko kujya mu mirimo inyuranye babifitemo n’izindi nyungu nyinshi. Abo twaganiriye ku Igororero rya Huye bavuga ko kujya mubikorwa nyongeramusaruro bitandukanye bibarinda gufatwa n’indwara nk’imitsi, diyabete, n’izindi kuko muri iyo mirimo umubiri uba urimo gukora.

 Nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’Igororero rya Huye SP Eric Ntakirutimana, avuga ko uretse kuba iyi mirimo nyongeramusaruro ikorerwa kuri iri gororo ifasha abayikora ubwabo inafatiye runini n’abandi bagororwa baba basigaye mu igororero kuko nk’ubuhinzi bw’imboga n’imbuto ndetse n’ubworozi bw’inka (amata yazo) bifasha kurwanya imirire mibi cyane cyane ku bagororwa bakuze n’abarwayi baba bakeneye kwitabwaho by’umwihariko.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rugira gahunda nyinshi zitandukanye zifasha umugororwa kugira icyo akora ku buryo kigira icyo kimwungura haba mu bumenyi, mu mibereho n’ubuzima buzira umuze. Mumagorero yose kandi abagororwa bagira imikino n’imyidagaduro bibafasha kwirinda ubwigunge maze ubuzima bwabo bugakomeza kuba bwiza.

Mu bikorwa Abagororwa n’abantu bafunze bakora harimo ubuhinzi n’ubworozi.

Ibikoresho n’imitako bikorwa n’abagororwa ndetse n’abantu bafunze biragurishwa bagatwara 10% by’inyungu yavuyemo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.