Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagororwa bajya mu bikorwa nyongeramusaruro bishimira ko bibafasha mu buryo bw’amikoro no kugira ubuzima buzira umuze

Abagororwa bajya mu bikorwa nyongeramusaruro nk’ububumbyi bw’amatafari n’amategura, ubukorikori n’ubugeni bavuga ko bibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi kuko bahabwa 10% kuri buri muntu wese wakoze bitewe n’ibyo yakoze, inyungu yinjije mu mafaranga bityo bigatuma abona ibyo akeneye adasabye ubufasha abo mu muryango we.

Abagororwa kandi cyane cyane abageze mu myaka y’izabukuru bajya muri iyi mirimo nyongeramusaruro bavuga ko kujya mu mirimo inyuranye babifitemo n’izindi nyungu nyinshi. Abo twaganiriye ku Igororero rya Huye bavuga ko kujya mubikorwa nyongeramusaruro bitandukanye bibarinda gufatwa n’indwara nk’imitsi, diyabete, n’izindi kuko muri iyo mirimo umubiri uba urimo gukora.

 Nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’Igororero rya Huye SP Eric Ntakirutimana, avuga ko uretse kuba iyi mirimo nyongeramusaruro ikorerwa kuri iri gororo ifasha abayikora ubwabo inafatiye runini n’abandi bagororwa baba basigaye mu igororero kuko nk’ubuhinzi bw’imboga n’imbuto ndetse n’ubworozi bw’inka (amata yazo) bifasha kurwanya imirire mibi cyane cyane ku bagororwa bakuze n’abarwayi baba bakeneye kwitabwaho by’umwihariko.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rugira gahunda nyinshi zitandukanye zifasha umugororwa kugira icyo akora ku buryo kigira icyo kimwungura haba mu bumenyi, mu mibereho n’ubuzima buzira umuze. Mumagorero yose kandi abagororwa bagira imikino n’imyidagaduro bibafasha kwirinda ubwigunge maze ubuzima bwabo bugakomeza kuba bwiza.

Mu bikorwa Abagororwa n’abantu bafunze bakora harimo ubuhinzi n’ubworozi.

Ibikoresho n’imitako bikorwa n’abagororwa ndetse n’abantu bafunze biragurishwa bagatwara 10% by’inyungu yavuyemo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.