Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Biruta yasabye abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru kwitegura gutanga umusanzu bibaye ngombwa

Yagize ati” Nshingiye ku burambe mufite mu bijyanye n’umutekano w’Igihugu cyacu murasabwa gukomeza ubufatanye n’izindi nzego z’umutekano igihe cyose muzaba mukenewe.”

Minisitiri Biruta kandi yashimiye imiryango y’abagiye mu Kiruhuko cy’izabukuru ku kwihanga bagaragaje igihe babaga bakorera kure yabo ntibababone uko babyifuzaga cyane ko ari nayo miterere y’akazi bakoraga.

Komiseri Jean Bosco Kabanda ni we wavuze mu izina ry’abashyizwe mu kiruhuko cy’izabuku uko ari 88.  Yavuze mu kazi kabo baranzwe no gukorera hamwe ndetse n’ikinyabupfura aribyo byabafashije kuzuza inshingano zabo neza.

Yashimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku cyizere yabagiriye kandi amwizeza ko bazakomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka igihugu nkandi ko aho bazabakenera hose biteguye gutanga imbaraga zabo. Yashimiye abo bakoranye, Ubuyobozi bwa RCS ndetse n’imiryango yabo kuba barabafashije kuzuza neza inshingano

Mu bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru harimo abakomseri na ba ofisiye bakuru.

Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru bahawe urupapuro rw’ishimwe.

Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru harimo abakomiseri na ba ofisiye bakuru.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.