Yagize ati” Nshingiye ku burambe mufite mu bijyanye n’umutekano w’Igihugu cyacu murasabwa gukomeza ubufatanye n’izindi nzego z’umutekano igihe cyose muzaba mukenewe.”
Minisitiri Biruta kandi yashimiye imiryango y’abagiye mu Kiruhuko cy’izabukuru ku kwihanga bagaragaje igihe babaga bakorera kure yabo ntibababone uko babyifuzaga cyane ko ari nayo miterere y’akazi bakoraga.
Komiseri Jean Bosco Kabanda ni we wavuze mu izina ry’abashyizwe mu kiruhuko cy’izabuku uko ari 88. Yavuze mu kazi kabo baranzwe no gukorera hamwe ndetse n’ikinyabupfura aribyo byabafashije kuzuza inshingano zabo neza.
Yashimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku cyizere yabagiriye kandi amwizeza ko bazakomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka igihugu nkandi ko aho bazabakenera hose biteguye gutanga imbaraga zabo. Yashimiye abo bakoranye, Ubuyobozi bwa RCS ndetse n’imiryango yabo kuba barabafashije kuzuza neza inshingano
Mu bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru harimo abakomseri na ba ofisiye bakuru.
Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru bahawe urupapuro rw’ishimwe.
Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru harimo abakomiseri na ba ofisiye bakuru.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.