Abari muri ubu butumwa baba baroherejwe mu izina ry’Ibihugu byabo nk’abakozi ba Leta zabo. Baganiriye na Ambasaderi Kayumba ku ruhare rw’u Rwanda mu micungire y’amagororero muri Santarafurika, by’umwihariko ku bijyanye n’umutekano wayo, imikorere ya kinyamwuga no kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu bagororwa n’abantu bafungiye mu magororero.
Ambasaderi Olivier Kayumba yashimye ibikorwa by’abari muri ubu butumwa bwa MINUSCA, abizeza ubufasha mu gihe cyose buzaba bukenewe mu rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka serivisi y’igorora inoze kandi yubahiriza uburenganzira bwa muntu mu butumwa barimo.
Yabibukije ko buri Munyarwanda uri mu mahanga by’umwihariko abambaye impuzankano y’Igihugu cy’u Rwanda ko bagomba kugira ikinyabupfura, ubunyangamugayo n’indangagaciro z’umuco nyarwanda, bikaba ari na byo bikwiye kuranga umukozi w’u Rwanda aho ari hose ku Isi.
U Rwanda rubinyujije mu nzego z’itandukanye z’umutekano rugira uruhare rufatika mu bikorwa mpuzamahanga bigamije amahoro n’umutekano, aho nko muri Santarafurika rugaragaza umusanzu mu kubaka umutekano w’amagororero n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.