Abari muri ubu butumwa baba baroherejwe mu izina ry’Ibihugu byabo nk’abakozi ba Leta zabo. Baganiriye na Ambasaderi Kayumba ku ruhare rw’u Rwanda mu micungire y’amagororero muri Santarafurika, by’umwihariko ku bijyanye n’umutekano wayo, imikorere ya kinyamwuga no kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu bagororwa n’abantu bafungiye mu magororero.
Ambasaderi Olivier Kayumba yashimye ibikorwa by’abari muri ubu butumwa bwa MINUSCA, abizeza ubufasha mu gihe cyose buzaba bukenewe mu rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka serivisi y’igorora inoze kandi yubahiriza uburenganzira bwa muntu mu butumwa barimo.
Yabibukije ko buri Munyarwanda uri mu mahanga by’umwihariko abambaye impuzankano y’Igihugu cy’u Rwanda ko bagomba kugira ikinyabupfura, ubunyangamugayo n’indangagaciro z’umuco nyarwanda, bikaba ari na byo bikwiye kuranga umukozi w’u Rwanda aho ari hose ku Isi.
U Rwanda rubinyujije mu nzego z’itandukanye z’umutekano rugira uruhare rufatika mu bikorwa mpuzamahanga bigamije amahoro n’umutekano, aho nko muri Santarafurika rugaragaza umusanzu mu kubaka umutekano w’amagororero n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.