Ni imidari ihabwa abakozi bari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye baba baragiye baturuka mu bihugu bitandukanye, aho abayihawe kuri uyumunsi ari abaturutse ari abagera kuri 54 baturutse mu bihugu umunani 08 aribyo Burkna Faso, Cameroun, Madagascar, Niger, Rwanda, Senegal, Suede na Togo, mu rwego rwo kubashimira umusanzu wabo muri ubwo butumwa nkuko bisanzwe bigenda ku bihugu byitabiriye ubutumwa baba boherejwemo na LONI bwo kugarura amahoro mu bihugu birimo umutekano muke, uwo muhango ukaba waritabiriwe na Minisitiri w’ubutabera, guteza imbere uburenganzira bwa muntu n’umushinjacyaha mukuru wa Repubulika ya Santarafurika Hon. Arnaud Djoubaye Abazène.
Abakozi b’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, batanga umusanzu wabo mu butumwa b’umuryango w’abibumbye mu bihugu bibiri aribyo Santarafurika no muri Sudani kandi mu gihe bamaze batanga umusanzu wabo bagiye bashimirwa ubwitange n’umurava bagaragaje.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.