Categories: Amakuru ya RCS

Minisitiri Biruta yagiriye uruzinduko ku Igororero rya Nyarugenge, asura ibikorwa bitandukanye

Muri uru ruzinduko Dr. Biruta yasobanuriwe uko uwo mushinga wa E-Huza uzajya ukora ndetse agera no mucyumba kirimo abagororwa bari kuganira n’ababo imbonankubone, aho umugororwa ahabwa ibikoresho byabugenewe akabyambara mu matwi (ecouteur), ubundi akavugana n’umuntu wo mu muryango we barebana bidasabye ko aza kumusura ku Igororero, igihe yahawe cyarangira hakajyaho undi nawe agakoresha umwanya we bakagenda basimburana bitewe n’ubusabe bwabasabye kuganira n’ababo.

Minisitiri Biruta yashimye uburyo kuri iri gororero hari imishinga myinshi myiza kandi ko Minisiteri izakomeza gutanga ubufasha n’ubuvugizi ngo imishinga ikomeze kwaguka.

Yagize ati” Mu by’ukuri iyi mishinga itandukanye kuri iri Gororero ni myiza urebye izi nyubako zirikuzamurwa ndetse n’indi mishinga ifasha abagororwa koroherwa na zimwe muri serivise bakenera umunsi ku munsi. Ndabizeza ko Minisiteri itazahwema gutanga ubufasha ndetse n’ubuvugizi aho bishoboka kugira ngo imishinga ikomeze yaguke, mukomereze aho kuko urabona ko hari ibintu byinshi biriguhinduka kandi ubona ko nibimara gufata umurongo bizaba bisa neza kuko Igihugu gishishikajwe n’iterambere ry’abaturage bacyo.”

Avuga ku ikoranabuhanga rifasha abogorwa gusurwa bidasabye ko abantu babo baza ku Igororero, yasabye abakozi b’Igororero Igeragezwa ririgukorerwaho ko bagomba kubikorana ubushishozi kuko ikoranabuhanga iyo rikoreshejwe nabi rishobora gutera ibibazo aho kuzana ibisubizo, abasaba kwita ku byuho bishobora kugaragaramo.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, ruri mu bigo Minisiteri y’umutekano ifite mu nshingano, akaba ariyo mpamvu uruhare rwayo ari ingenzi mu gutuma rukomeza gutera imbere mu bikorwa bya burimunsi bakora kandi ubona ko birigukura umunsi ku munsi ugereranyije nuko mu bihe byashize byari bimeze.

Minisitiri Biruta ubwo yari ageze ku Igororero rya Nyarugenge mu cyumba kiberamo Inama asobanurirwa byinshi ku mushinga w’ikoranabuhanga ryo gusura bidasabye kuza ku Igororero.
Yasobanuriwe umushinga wa E-Huza uri mu Igeragezwa inyungu uzagirira abagenerwabikorwa.
Minisitiri Biruta aha yarebaga uko umushinga w’ikoranabuhanga wa E-Huza ukora, abagororwa baganira n’imiryango yabo imbonankubone.
Yasuye ibikorwa bitandukanye harimo n’icyumba gikurikiranirwamo amashusho y’ibirikubera mu Igororero.
Aha yari arigusobanurirwa uburyo ibijyanye na serivisi y’imibereho myiza y’abagorororwa ikorwa.
Yabagiriye inama ku bikorwa bitandukanye birikubakwa ku Igororero rya Nyarugenge ndetse abizeza n’inkunga aho bishoboka.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Dr.Vicent Biruta yasuye inyubako zitandukanye zirikubakwa ku Igororero rya Nyarugenge.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

1 week ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.