Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bari gutegurwa gusubira mu miryango

Ibi ni byo byatumye RCS, MINUBUMWE n’abafatanyabikorwa bashyizeho gahunda y’inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa zizafasha abagororwa bahamijwe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bitegura kurangiza ibihano, bakumva neza uruhare rwabo mu kwirinda ivangura,amacakubiri, ingengabitekerezo ya Jenoside, kubana neza n’abandi, gusobanukirwa amateka yaranze u Rwanda , kumva neza ingaruka za Jenoside, haba kuri bo ubwabo n’abayirokotse, ndetse bagasobanukirwa uruhare rwabo mu kubaka igihugu.

Abagororwa bari guhabwa izo nyigisho bemeza ko ari impamba mu buzima bushya bitegura kujyamo barangije ibihano. Aya mahugurwa ahabwa abagororwa bahamwe n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye gusoza ibihano byabo bakaba bagiye gusubira mu muryango. Izi nyigisho zigamije guhugura aba bagororwa bagiye mu buzima busanzwe bakamenya aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze. Bigiramo inyigisho za Ndi Umunyarwanda, bagasobanurirwa intambwe igihugu kigezeho mu kwiyubaka mu myaka 31 ishize.

Abagorarwa bahabwa izi nyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa, bavuga ko zibafasha kurushaho kumenya amateka yaranze u Rwanda. Pascal Faida wari usanzwe agororerwa mu Igororero rya Muhanga waje gufatira izo nyigisho mu Igororero rya Nyamasheke yagize ati “Izi nyigisho zizambera impamba nindangiza igihano cyanjye, kuko twungukiyemo byinshi aho twongeye kwibutswa amateka y’u Rwanda, aho abakoroni bazanye amacakubiri mu Rwanda kuko mbere Abanyarwanda bari bunze ubumwe, basabirana, bashyingirana. Izi nyigisho zizamfasha njyewe na bagenzi banjye kubana neza n’abo tuzaba dusanze hanze, ubu hari imvugo zakoreshwaga kera zitagikoreshwa, ibyo byose bizadufasha kwisanga mu muryango Nyarwanda.”

Gakwerere Alexis nawe uri gukurikirana inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda ntajya kure ya bagenzi be, kuko avuga ko hari imvugo nyinshi zakoreshwaga kera ubu zitagikoreshwa byose biri mubyo bigira mu nyigisho bahabwa.

Ati namenye ukuri, narigishishijwe bihagije, namenye neza ikibi cy’urwango n’ivangura. Ndashimira Leta y’u Rwanda idaheza ikaba itaratugize ibicibwa, tugakomeza kwitabwaho no kutugenera ibidukwiye bizadufasha mu buzima bushya tugiyemo.”

Abenshi bahabwa izi nyigisho zibategura gusubira mu miryango yabo,basanzwe barateye intambwe yo gusaba imbabazi abo bahemukiye, aho bagiye bahuzwa n’imiryango basize bahemukiye bakabasaba imbabazi ndetse bakanazihabwa.  Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS na MINUBUMWE basnga ibi bizazafasha impande zombi kubana ntawishisha undi bityo ihame ry’ubumwe n’ubwiyunge rikomeze rishinge imizi.

Kugeza ubu abagera kuri 353 harimo abagore 53 nibo bamaze guhabwa izo nyigisho, mu gihe abasaga 600 bakiri kuzihabwa. Izi nyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa ziri gutangirwa mu magororero abiri. Abagore bazifatira mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe, naho abagabo bakazifatira mu Igororero rya Nyamasheke.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.