Categories: Amakuru ya RCSSlider

Aba ofisiye 15 ba RCS barangije amahugurwa ku buzima bwo mu mutwe n’imibanire

Amahugurwa yitabiriwe n’aba ofisiye 15 baturutse ku magororero atandukanye mu gihugu, barimo abashinzwe ubuzima, abashinzwe imibereho myiza y’abagororwa n’abandi bayobozi mu nshigano zitandukanye ku magororero.

Amahugurwa yakozwe iminsi itanu.

Chief Inspector Vincent Nsengimana ni umuganga ku Igororero ry’abana rya Nyagatere. Avuga ko aya mahugurwa bayakuyemo ubumenyi bubafasha gukemura ibibazo byo mu mutwe bigaragara mu bagororwa ndetse nabo ubwabo ntibibagirwe kwiyitaho kugira ngo bagire ubushobozi bwo kwita ku bagororwa.  Ati “mu byo twabonye harimo kwita ku bagororwa ariko tugendeye ku miterere yabo, ku byatumye bakora ibyaha, bityo ukamenya uko wakira umuntu umeze gutyo n’uburyo bukwiye bwo kumufasha.”

Assistant Inspector Alice Kirabo ushinzwe imibereho myiza y’abagororwa ku Igororero rya Rubavu na Assistant Inspector Jorge Bazimya, bemeza ko amahugurwa nkaya yari akenewe kuko basobanukiwe uburyo bwiza bwo gukemura ibibazo mu buryo burambye hitawe ku mizi yabyo. Assistant Inspector Alice ati “abantu dushinzwe bafite imyitwarire itandukanye, ni yo mpamvu nabonye ko ngomba kumwumva uko aje kose nkamutega amatwi nkamenya n’igituma yitwara gutyo kuko haba hari ikibazo kibiri inyuma, ibi rero birangaragariza ko ngiye gutanga serivisi nzinza kurenza uko bisanzwe.”

Dr. Marie Chantal Ingabire, Umuyobozi wa CBS Rwanda, hamwe n’umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge, bashimiye abatanze amahugurwa n’abayitabiriye ku bushake bagaragaje mu kwihugura no gushishikarira kumenya ibyatuma akazi bashinzwe karushaho gutanga umusaruro.

Dr. Ingabire umuyobozi wa CBSRwanda avuga ko bahisemo gukorana na RCS kubera inshingano zikomeye ifite.

Dr. Ingabire yagize ati: “icyambere nuko amahugurwa abongerera ubumenyi ku bijyanye n’ubuzima bw’imitekerereze,nk’abakozi bashinzwe igorora bizarushaho kubafasha kunoza serivisi kuko bakira abantu benshi ariko kandi bakakira abantu b’umwihariko cyane ko bakira abantu baba baragonganye n’amategeko, ni byiza rero ko muri urwo rugendo rwo gufasha umugororwa kugororoka anafashwa kugira ngo ubuzima bw’imitekerereze bugende neza.”

Yongeyeho ati: “turateganya ko iki gikorwa cyakwaguka kigagera ku yandi magororero, hanyima ikindi ni uko ubumenyi butaba gusa mu gihe abakozi b’igororero batangiye akazi ahubwo ari n’igikorwa gishoboka ko batangira gutegurwa bakiri ku ishuri.”

Amahugurwa yitabiriwe n’abayobozi n’abandi bofisiye bafite inshingano zitandukanye.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

1 month ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

1 month ago

This website uses cookies.