Abapadiri n’ababikira bari baherekeje Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare ni abo bafatanya umurimo w’iyogezabutumwa muri iyo Diyosezi, murwego rwo gutuma inkuru z’ubutumwa bwamamaza ubutumwa bwiza bw’inkuru nziza ya Kristo witanze kugira ngo acungure abanyabyaha, abihaye Imana nibo bagira uruhare mugutuma ubwo butumwa bwiza bukomeza kwamamara mu bantu benshi, aho banatanga amasakaramentu atandukanye aba afite ibyo asobanuye mu myemerere.
Nyiricyubahiro Musenyeri Jean Bosco Ntagungira, yifurije abagororwa bo mu Igororero rya Huye umunsi mwiza wa Pantekote anabasobanurira icyo uwo munsi uvuze mu myemerere, ababwira ko ariwo munsi Musa yahereweho amategeko 10 agomba kugenga ubwoko bw’Imana ndetse ko ari nabwo Roho Mutagatifu yahawe intumwa aho bari bateraniye basenga bagatangira kuvuga mu ndimi zitandukanye bigahindura uburyo bw’imyemerere kuko bari babonye izindi mbaraga zidasanzwe.
Muri iki gitambo Umushumba yatanze isalamentu rya Batisumu ku bagororwa 09, iryo gukomezwa rihabwa abagororwa 15, atanga kandi n’impano ya Bibiliya ntagatifu 39 zigenewe imiryangoremezo ibarizwa mu Igororero rya Huye zibafasha gusoma Ijambo ry’Imana.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.