Abashyitsi basobanuje byinshi ku mikorere y’ibintu byinshi bari bamaze kubwirwa uburyo bikorwa cyane ku buryo hategurwa abarihafi gusoza ibihano bitegura gusubira mu miryango yabo, aho bahabwa ubumenyi buzabafasha kwiteza imbere bageze muri sosiyete yo hanze kuko ubumenyi babonera mu Igororero buba buri kurwego nkurwo abandi bose biga imyuga bahabwa ndetse bakanahabwa impamyabushobozi yibyo bize.
Basobanuriwe kandi imikorere y’ikoranabuhanga rya IECMS, risangiwe n’abakora mu nzego z’ubutabera mu gukurikirana dosiye y’umuntu ukeneye ubutabera bidasabye ko ufata umwanya ukajya kuyishaka, basobanurirwa kandi ku buryo bwo kuburana hakoreshejwe ihuzanzira bidasabye ko uburana agera ku rukiko ahubwo bikabera aho ari kandi iburanisha rikagenda neza.
Bashimiye u Rwanda ku buryo bakomeje gukataza mu ikoranabuhanga, ndetse nabo bavuga ko ibyo bigeye muri uru ruzinduko bahungukiye byinshi bizatuma nabo bagira icyo bakora mu guteza imbere ubutabera iwabo.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.