Abashyitsi basobanuje byinshi ku mikorere y’ibintu byinshi bari bamaze kubwirwa uburyo bikorwa cyane ku buryo hategurwa abarihafi gusoza ibihano bitegura gusubira mu miryango yabo, aho bahabwa ubumenyi buzabafasha kwiteza imbere bageze muri sosiyete yo hanze kuko ubumenyi babonera mu Igororero buba buri kurwego nkurwo abandi bose biga imyuga bahabwa ndetse bakanahabwa impamyabushobozi yibyo bize.
Basobanuriwe kandi imikorere y’ikoranabuhanga rya IECMS, risangiwe n’abakora mu nzego z’ubutabera mu gukurikirana dosiye y’umuntu ukeneye ubutabera bidasabye ko ufata umwanya ukajya kuyishaka, basobanurirwa kandi ku buryo bwo kuburana hakoreshejwe ihuzanzira bidasabye ko uburana agera ku rukiko ahubwo bikabera aho ari kandi iburanisha rikagenda neza.
Bashimiye u Rwanda ku buryo bakomeje gukataza mu ikoranabuhanga, ndetse nabo bavuga ko ibyo bigeye muri uru ruzinduko bahungukiye byinshi bizatuma nabo bagira icyo bakora mu guteza imbere ubutabera iwabo.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.