Hon Soline yagaragarijwe ishusho rusange y’uko Igororero rikora n’uburyo gahunda zo kugorora zishyirwa mu bikorwa maze afata umwanya wo kuganira n’abana bari muri iri igororero. Yabanje kubasobanurira inshingano z’Inteko Ishinga Amategeko abashishikariza kudacika intege ku ntego z’ubuzima bari bafite mbere yo gukora ibyaha.
Yongeye kubibutsa ko guhabwa ibihano atari urwango Igihugu kibafitiye ko ahubwo ari amahirwe yo kwikosora no kwiyubaka ndetse abasaba gukunda amasomo bagenewe, kuko ari bwo buryo bwiza bwo kugera ku ntego bahoranye.
Visi Perezida wa Sena yanashimangiye ko imyitwarire myiza, urukundo rw’igihugu, kwirinda, no guharanira ubumwe bw’Abanyarwanda ari inkingi zikomeye abana bagororwa bagomba kuvana mu Igororero.
Abana bahawe umwanya wo kubaza ibibazo, babanza kuvuga intego bafite mu buzima. Ibibazo byabo byasubijwe ndetse ibikeneye ubuvugizi, Hon. Nyirahabimana yabasezeranyije ko bizakurikiranwa.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.