Hon Soline yagaragarijwe ishusho rusange y’uko Igororero rikora n’uburyo gahunda zo kugorora zishyirwa mu bikorwa maze afata umwanya wo kuganira n’abana bari muri iri igororero. Yabanje kubasobanurira inshingano z’Inteko Ishinga Amategeko abashishikariza kudacika intege ku ntego z’ubuzima bari bafite mbere yo gukora ibyaha.
Yongeye kubibutsa ko guhabwa ibihano atari urwango Igihugu kibafitiye ko ahubwo ari amahirwe yo kwikosora no kwiyubaka ndetse abasaba gukunda amasomo bagenewe, kuko ari bwo buryo bwiza bwo kugera ku ntego bahoranye.
Visi Perezida wa Sena yanashimangiye ko imyitwarire myiza, urukundo rw’igihugu, kwirinda, no guharanira ubumwe bw’Abanyarwanda ari inkingi zikomeye abana bagororwa bagomba kuvana mu Igororero.
Abana bahawe umwanya wo kubaza ibibazo, babanza kuvuga intego bafite mu buzima. Ibibazo byabo byasubijwe ndetse ibikeneye ubuvugizi, Hon. Nyirahabimana yabasezeranyije ko bizakurikiranwa.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.