Uretse kuba aba bagororwa bivugira ko ubumenyi ngiro bigira muri iri gororero bazabubyaza umusaruro mu gihe bazaba basoje ibihano, banavuga ko kujya mu ishuri banakora imyitozo y’ibyo bize bibahuza bakaruhuka no mumuwe bityo no kwitekerezaho bibatera kuguma mu mwijima w’ibyo bahozemo bikarangira.
Muri iri shuri ibyiciro byose by’abagororwa byaba iby’abato cangwa iby’abakuze bafite ubushake baba bemerewe kwiga. Buri wese ahabwa uburenganzira bwe bwo kwiga umwuga ashaka yanabishaka akiga umwuga urenze umwe. Mu ishuri ry’Imyuga n’ubumenyingiro ry’ Igororero rya Bugesera higirwamo amashanyarazi, ubusuderi n’ubudozi bw’imyeda.
Muri gahunda yo kugorora ngo umugororwa azasoze ibihano afite icyo azamarira umuryango Nyarwanda ndetse nawe abashije kwibeshaho; Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwashyizeho amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ayo kwiga kubara, gusoma no kwandika; ngo bifashe igihugu kugabanya abantu bafungwa incuro nyinshi bitwaje kubura akazi; ndetse no kurwanya kwisubiramo kw’ibyaha bitewe n’ukutamenya gusoma no kwandika bityo bamwe bakishora mu makosa batazi ko ari ibyaha bihanwa n’amategeko.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rumaze igihe kitari gito rutangiye gahunda yo kugorora ruvuye ku gufunga, aho abagororwa bashyirirwaho gahunda zitandukanye zo kwigishwa. Abagororwa bahabwa amasomo ajyanye n’ubumenyi busanzwe mu ishuri (Academic skills) nk’abana bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, amasomoy’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ay’isanamitima. Bityo buri wese agahabwa amasomo bijyanye n’icyo akeneye cyangwa se ibyo ubuyobozi bw’igororero bwasanze akeneye kurusha ikindi.
Iyi gahunda ifasha umugororwa kuzarangiza igihano cye yaragororotse haba mu buryo bw’imitekerereze, imyitwarire ndetse no mu bumenyi busanzwe buzanamubeshaho ageze mu buzima busanzwe.
Abagororwa mu Igororero rya Bugesera biga mu ishuri ry’ubudozi
Bimwe mu byo abagororwa bo mu ishuri ry’umwuga w’ubusuderi biga gukora
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.