Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagororwa biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ry’Igororero rya Bugesera biteguye kubyaza umusaruro ibyo baryigiyemo

Uretse kuba aba bagororwa bivugira ko ubumenyi ngiro bigira muri iri gororero bazabubyaza umusaruro mu gihe bazaba basoje ibihano, banavuga ko kujya mu ishuri banakora imyitozo y’ibyo bize bibahuza bakaruhuka no mumuwe bityo no kwitekerezaho bibatera kuguma mu mwijima w’ibyo bahozemo bikarangira.

Muri iri shuri ibyiciro byose by’abagororwa byaba iby’abato cangwa iby’abakuze bafite ubushake baba bemerewe kwiga. Buri wese ahabwa uburenganzira bwe bwo kwiga umwuga ashaka yanabishaka akiga umwuga urenze umwe. Mu ishuri ry’Imyuga n’ubumenyingiro ry’ Igororero rya Bugesera higirwamo amashanyarazi, ubusuderi n’ubudozi bw’imyeda.

Muri gahunda yo kugorora ngo umugororwa azasoze ibihano afite icyo azamarira umuryango Nyarwanda ndetse nawe abashije kwibeshaho; Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwashyizeho amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ayo kwiga kubara, gusoma no kwandika; ngo bifashe igihugu kugabanya abantu bafungwa incuro nyinshi bitwaje kubura akazi; ndetse no kurwanya kwisubiramo kw’ibyaha bitewe n’ukutamenya gusoma no kwandika bityo bamwe bakishora mu makosa batazi ko ari ibyaha bihanwa n’amategeko.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rumaze igihe kitari gito rutangiye gahunda yo kugorora ruvuye ku gufunga, aho abagororwa bashyirirwaho gahunda zitandukanye zo kwigishwa. Abagororwa bahabwa amasomo ajyanye n’ubumenyi busanzwe mu ishuri (Academic skills) nk’abana bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, amasomoy’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ay’isanamitima.  Bityo buri wese agahabwa amasomo bijyanye n’icyo akeneye cyangwa se ibyo ubuyobozi bw’igororero bwasanze akeneye kurusha ikindi.

Iyi gahunda ifasha umugororwa kuzarangiza igihano cye yaragororotse haba mu buryo bw’imitekerereze, imyitwarire ndetse no mu bumenyi busanzwe buzanamubeshaho ageze mu buzima busanzwe.

Abagororwa mu Igororero rya Bugesera biga mu ishuri ry’ubudozi

Bimwe mu byo abagororwa bo mu ishuri ry’umwuga w’ubusuderi biga gukora

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abagororwa barasaba imiryango yabo kutabatererana igihe bari mu igororero

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

14 minutes ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.