Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), ruratangaza ko abanyeshuri 14 barimo umukobwa bazakora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, naho abandi batanu bagakora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange (Tronc Commun) bikaba byaremejwe na Mineduc.
Kuva muri 2014 izi mfungwa n’abagororwa zigishwa n’abacungagereza n’abagororwa bize uburezi, zikagenzurwa na Mineduc ari nayo itanga ibitabo n’ibindi nkenerwa mu burezi.
Imfungwa n’abagororwa zifata amasomo y’ubumenyi ngiro gusa kubera impamvu zari zirimo n’uko gukora ibizamini bya Leta batari babyemerewe.
Ubundi bigishwaga imyuga aho kubura ibindi bakora. Ubwo bemerewe gukora ibizamini bya leta abaje biga mu mashuri abanza bazakomeza kuyiga, abiga mu yisumbuye bakomeze.
Ni kenshi hagiye humvikana imfungwa n’abagororwa bafungiwe muri gereza z’abakuru basaba kujya biga amasomo azatuma bahabwa impamyabumenyi hatabayeho gutandukanya abakatiwe n’abatarakatirwa, ariko ntibabyemererwe na Minisiteri y’Uburezi.
Kuko n’abandi bizabageraho mu myaka itaha bagatangira kujya bakora ibizamini bya Leta bakabona impamyabumenyi zizabagirira akamaro barangije ibihano byabo.
Gereza y’abana ya Nyagatare ifungiwemo abagera kuri 287, RCS ivuga ko bose biga ariko bamwe bakurikirana amasomo y’imyuga abandi bagakurikirana gahunda y’amashuri abanza n’ayisumbuye.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.