Categories: Amakuru ya RCS

Ku nshuro ya mbere imfungwa n’abagororwa 14 barimo umukobwa umwe, bafungiye muri gereza y’abana ya Nyagatare iherereye mu Ntara y’Iburasirazuba, bemerewe gukora ibizamini bya Leta by’amashuri abanza n’ayisumbuye muri uyu mwaka wa 2016.

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), ruratangaza ko abanyeshuri 14 barimo umukobwa bazakora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, naho abandi batanu bagakora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange (Tronc Commun) bikaba byaremejwe na Mineduc.

Kuva muri 2014 izi mfungwa n’abagororwa zigishwa n’abacungagereza n’abagororwa bize uburezi, zikagenzurwa na Mineduc ari nayo itanga ibitabo n’ibindi nkenerwa mu burezi.

Imfungwa n’abagororwa zifata amasomo y’ubumenyi ngiro gusa kubera impamvu zari zirimo n’uko gukora ibizamini bya Leta batari babyemerewe.

Ubundi bigishwaga imyuga aho kubura ibindi bakora. Ubwo bemerewe gukora ibizamini bya leta abaje biga mu mashuri abanza bazakomeza kuyiga, abiga mu yisumbuye bakomeze.

Ni kenshi hagiye humvikana imfungwa n’abagororwa bafungiwe muri gereza z’abakuru basaba kujya biga amasomo azatuma bahabwa impamyabumenyi hatabayeho gutandukanya abakatiwe n’abatarakatirwa, ariko ntibabyemererwe na Minisiteri y’Uburezi.

Kuko n’abandi bizabageraho mu myaka itaha bagatangira kujya bakora ibizamini bya Leta bakabona impamyabumenyi zizabagirira akamaro barangije ibihano byabo.

Gereza y’abana ya Nyagatare ifungiwemo abagera kuri 287, RCS ivuga ko bose biga ariko bamwe bakurikirana amasomo y’imyuga abandi bagakurikirana gahunda y’amashuri abanza n’ayisumbuye.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

23 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.