Abagize komisiyo ishinzwe gukurikirana imikorereshereze y’imari n’umutungo bya leta kuri uyu wa kabiri basuye ibikorwa byo kubaka gereza ya Mageragere izimurirwamo gereza ya Nyarugenge na Gasabo ngo barebe aho imirimo yo kubaka iyi gereza igeze ngo yuzure. Kubaka iyi gereza byagiye bigenda buhoro bitewe n’ibikorwa remezo bitari bihagije kuri iyi gereza.
Nkuko byagaragajwe na Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba,ni uko ahubakwa iyi gereza ya Mageragere hari ikibazo cy’amazi ku buryo byasabye ko habaho ubufatanye na CICR amazi bakayavoma mu murenge wa Kimisagara. Ikindi kibazo cyari umuhanda utari umeze neza ariko ubu uyu muhanda ugana ahubakwa gereza urimo gutunganywa ku buryo mu kwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2016 uzaba wuzuye icyo gihe ni nabwo imfungwa n’abagororwa ba gereza ya Nyarugenge bazimurirwa muri iyi gereza.
Izi ntumwa z’abadepite za Komisiyo ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya leta zari ziyobowe na depite Kankera Marie Josée ,zashimye uburyo hashyirwamo ingufu kugirango iyi gereza ibe yuzuye mu gihe cyateganijwe.
Iyi gereza ya Mageragere yubakwa mu byiciro bine, ikiciro cya kabiri kizarangira mu kwezi kwa cumi muri uyu mwaka ari nabwo bamwe mu mfungwa n’abagororwa bazimukiramo. Biteganijwe ko iyi gereza ya Mageragere izaba yuzuye neza mu mwaka wa 2018.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.