Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Rubavu hatangijwe ukwezi kwahariwe kwita ku isuku yo mu kanwa

Isuku ni umuco abanyarwanda bamaze kugira uwabo, ariko ahanini usanga bibanda ku bindi bice ntibibande, ku isuku yo mu kanwa kandi iba ari ingenzi cyane mu buzima bwa muntu, kuko hari indwara nyinshi zishobora kundurira mu kanwa, zikaba zagira ingaruka ku buzima bwa muntu ndetse bikaba byanahitana ubuzima bw’uwanduye ubwo burwayi.

Umuyobozi wungirije w’igororero rya Rubavu yagaragaje ko isuku ari umuco ukwiriye kuba uwa buri muntu byumwihariko iyo mu kanwa.

Yagize ati” Mubyukuri buriwese yakabaye aha umwanya isuku yo mu kanwa kuko ari ingenzi cyane nubwo benshi batabyitaho ariko ndasaba buriwese kubigira umuco kuko isuku ari ubuzima kandi ko kwirinda biruta kwivuza.”

Umuyobozi w’ivuriro ry’Igororero rya Rubavu yavuze hari abarwaye amenyo biturutse kukutita ku isuku.

Yagize ati ” Ndababwira ko mu mibare dufite  y’Abagororwa bagera ku 1029, bafite uburwayi bw’amenyo bangana na 12,5%, abanshi bwaturutse ku kutita ku isuku y’amenyo, buri wese ajye agaerageza yite ku isuku y’amanyo ye kubera ko iyo ugize isuku nkeya bishobora no kugukururira ibyago byo kurwara kanseri bigatera urupfu, aho yanababwiye ko service z’ ubuvuzi bw’amenyo zigoye kuko ziboneka ku bitaro gusa.”

Umubare wababonye ubuvuzi kuri uyu munsi ungana na 188 ungana na 16% ariko ubuvuzi bukaba bugikomeza byitezwe ko buzasiga hari benshi bavuwe.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

10 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.