Isuku ni umuco abanyarwanda bamaze kugira uwabo, ariko ahanini usanga bibanda ku bindi bice ntibibande, ku isuku yo mu kanwa kandi iba ari ingenzi cyane mu buzima bwa muntu, kuko hari indwara nyinshi zishobora kundurira mu kanwa, zikaba zagira ingaruka ku buzima bwa muntu ndetse bikaba byanahitana ubuzima bw’uwanduye ubwo burwayi.
Umuyobozi wungirije w’igororero rya Rubavu yagaragaje ko isuku ari umuco ukwiriye kuba uwa buri muntu byumwihariko iyo mu kanwa.
Yagize ati” Mubyukuri buriwese yakabaye aha umwanya isuku yo mu kanwa kuko ari ingenzi cyane nubwo benshi batabyitaho ariko ndasaba buriwese kubigira umuco kuko isuku ari ubuzima kandi ko kwirinda biruta kwivuza.”
Umuyobozi w’ivuriro ry’Igororero rya Rubavu yavuze hari abarwaye amenyo biturutse kukutita ku isuku.
Yagize ati ” Ndababwira ko mu mibare dufite y’Abagororwa bagera ku 1029, bafite uburwayi bw’amenyo bangana na 12,5%, abanshi bwaturutse ku kutita ku isuku y’amenyo, buri wese ajye agaerageza yite ku isuku y’amanyo ye kubera ko iyo ugize isuku nkeya bishobora no kugukururira ibyago byo kurwara kanseri bigatera urupfu, aho yanababwiye ko service z’ ubuvuzi bw’amenyo zigoye kuko ziboneka ku bitaro gusa.”
Umubare wababonye ubuvuzi kuri uyu munsi ungana na 188 ungana na 16% ariko ubuvuzi bukaba bugikomeza byitezwe ko buzasiga hari benshi bavuwe.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.