Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Rubavu abize amasomo ya bibiliya bahawe impamyabumenyi

Amasomo baherewe impamyabumenyi ni ajyanye n’ubumenyi ku nyigisho za bibiliya, aho batangiye ishuri rya bibiliya ari Abanyeshuri 293, abagombaga guhabwa impamyabumenyi ari 209 ariko abazibonye bakaba ari 86 kuko hari abasoje ibihano byabo bagataha, aba bakaba bazagaruka kuzifata mu buyobozi bw’Igororero aho bari buzibabikire mu biro bishinzwe amasomo, uzayikenera akazajya ayihasanga.

Pasiteri Runezeza Nelson, waje uhagarariye umuryango prison fellowship wagize uruhare mu gutanga amahugurwa, yasabye abasoje kutarekera aho kuko amasomo y’ikindi cyiciro akomeje.

Yagize ati” Nubwo musoje amasomo y’icyiciro cya Kabiri ntibivuze ko musoje kwiga bibiliya, hari ikindi cyicyiro gikurikira nacyo kijyanye nizo nyigisho, ndabasaba gukomeza nazo mukazifata kuko uko ugenda wiga izo nyigisho ariko ugenda urushaho gusobanukirwa byinshi mu nzira z’iyobokamana, ndetse ukarushaho gukura mu gakiza no gusobanukirwa neza ibyo urimo.”

Ni umuhango witabiriwe n’umuyobozi w’Igororero wungirije, ushinzwe amasomo, umiryango y’ivugabutumwa itegamiye kuri Leta ariyo Send Me International Ku Bufatanye Na Prison Fellowship.

Abasoje inyigisho za bibiliya ku Igororero rya Rubavu bahawe impamyabumenyi.

Abahawe impamyabumenyi basabwe gukomeza inyigisho z’icyiciro gikurikira kuko birushaho gutuma basobanukirwa bihagije ku nzira z’agakiza.

Abasoje bari bishimiye icyiciro basoje mu nyigisho nziza z’agakiza.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.