Mu ruzinduko rw’iminsi itatu (3) mu Bwami bwa Maroc, CG Murenzi na mugenzi we Bwana Mohamed Salah Tamek basinyanye amasezerano y’ubwumvikane kuri uyu wa 16 Nzeri 2025 ku by’ubufatanye muri serivisi z’amagereza n’amagororero. Uyu muhango ukaba witabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Ambasaderi Shakilla K. Umutoni n’abandi bashyitsi bakomeye.
Amasezerano y’ubufatanye yasinywe hagati ya DGAPR na RCS agamije guha amahugurwa no kongerera ubushobozi abakozi bashinzwe amagerorero n’amagereza ku micungire y’abagororwa n’imfungwa zishobora guteza akaga, guhana no gusangira ubumenyi kuri gahunda zo kugorora no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa. Aya masezerano y’ubufatanye kandi azibanda ku kuguteza imbere no gusangira ubumenyi mu ikoranabuhanga rya Biogas, Ubukorikori, inganda n’ibindi.
Byitezwe ko ubu ubufatanye hagati y’Urwego rushinzwe Amagereza no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa muri Maroc,DGAPR n’ Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora,RCS, buzatuma habaho iterambere mu bunyamwuga n’imikorere mu nzego zombi muri rusange. Leta y’u Rwanda ifitanye umubano mwiza n’Ubwami bwa Maroc binyuze mu masezerano y’ubufatanye rusange yashyizweho umukono i Kigali ku ya 19 Ukwakira 2016. Aya masezerano yatumye umubano w’ibihugu byombi ugenda utera imbere mu bijyanye n’ubuhinzi, uburezi, ingabo, ubutabera, ibidukikije,
Komiseri Mukuru wa RCS na mugenzi we wo mu Bwami bwa Maroc.
Mu bari bitabiriye uyu muhango harimo na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc Amb. Shakilla K. Umutoni
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.