Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi ari mu ruzinduko rw’akazi mu Bwami bwa Maroc

Mu ruzinduko rw’iminsi itatu (3) mu Bwami bwa Maroc, CG Murenzi na mugenzi we Bwana Mohamed Salah Tamek basinyanye amasezerano y’ubwumvikane kuri uyu wa 16 Nzeri 2025 ku by’ubufatanye muri serivisi z’amagereza n’amagororero. Uyu muhango ukaba witabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Ambasaderi Shakilla K. Umutoni n’abandi bashyitsi bakomeye.

Amasezerano y’ubufatanye yasinywe hagati ya DGAPR na RCS agamije guha amahugurwa no kongerera ubushobozi abakozi bashinzwe amagerorero n’amagereza ku micungire y’abagororwa n’imfungwa zishobora guteza akaga, guhana no gusangira ubumenyi kuri gahunda zo kugorora no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa. Aya masezerano y’ubufatanye kandi azibanda ku kuguteza imbere no gusangira ubumenyi mu ikoranabuhanga rya Biogas, Ubukorikori, inganda n’ibindi.

Byitezwe ko ubu ubufatanye hagati y’Urwego rushinzwe Amagereza no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa muri Maroc,DGAPR n’ Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora,RCS, buzatuma habaho iterambere mu bunyamwuga n’imikorere mu nzego zombi muri rusange. Leta y’u Rwanda ifitanye umubano mwiza n’Ubwami bwa Maroc binyuze mu masezerano y’ubufatanye rusange yashyizweho umukono i Kigali ku ya 19 Ukwakira 2016. Aya masezerano yatumye umubano w’ibihugu byombi ugenda utera imbere mu bijyanye n’ubuhinzi, uburezi, ingabo, ubutabera, ibidukikije,

Komiseri Mukuru wa RCS na mugenzi we wo mu Bwami bwa Maroc.

Mu bari bitabiriye uyu muhango harimo na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc Amb. Shakilla K. Umutoni

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.