Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abarenga 5,000 mu Igororero rya Rwamagana bagiye guhabwa ubuvuzi bw’amaso

Biteganyijwe ko iki gikorwa kizamara iminsi 10 aho hazavurwa abagororwa basaga 5,000 harimo abazahabwa Indorerwamo  z’amaso zibafasha kureba neza no gusoma, abafite ibibazo bikomeye bakazoherezwa ku bitaro by’isumbuye kandi nta kiguzi basabwe.

Abagororwa bavuga ko bishimiye ubuvuzi bari guhabwa babasanze ku Igororero.

Rukizangango Jean Baptist ni umwe mu bagororwa bo mu Igororero rya Rwamagana wari ufite indwara y’ishaza mu jisho, avuga ko ashimira ubuyobozi bw’igihugu kuko budahwema kubatekerezaho n’ubwo baba baragonganye n’amategeko. Ati: “nahuye n’abaganga baransuzuma bambwira ko bamfasha kugira ngo nzajye ku bitaro bikuru i Rwamagana koza ijisho ngo bakuremo ishaza ririmo.” Yongeyeho ati”nubwo ndi mu Igororero ndi mu buzima butihebye, ikigaragara ubuyobozi bw’igihugu cyacu buraracyatwitayeho n’ubwo twakoze ibyaha.”

Nsanzimana Alexis na we ni umugororwa wahawe Indorerwamo z’amaso, avuga ko yishimye kuko atarakibasha no gusoma Bibiliya, ati:”najyaga muri Bibiliya nkumva sindi kureba neza ariko ubungubu kuba mbonye Indorerwamo nta kiguzi ntanze byamfashije ndabashimira cyane.”

Nyiraneza Veneranda, umuganga w’amaso ku bitaro bya Rwamagana yavuze ko umubare munini w’abo bari kuvura basanze bakeneye indorerwamo z’ifasha kureba neza hakaba n’abandi bafite ibibazo by’umwihariko nk’indwara y’ishaza, abafite inkovu ku mboni n’ubundi birwayi bukomeye buzasaba kubajyana kuvurirwa ku bitaro bya Rwamagana.

Chief Superintendent Hillary Sengabo, umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) avuga ko iki gikorwa gitegurwa nk’umwihariko kuko abaganga baza kuvurira ku Igororero bigafasha kuvura umubare munini w’abagororwa kandi bari ahantu hatekanye kuruta kujya ku bitaro bihurirwaho n’abantu bose. Avuga kandi ko iki gikorwa atari ubwambere kibaye kuko no kuyandi magororero bikorwa no ku bundi burwayi atari amaso gusa, ati” iki gikorwa ntabwo ari ubwambere kibaye kandi sinubwanyuma, kizajya gikomeza kubaho.”

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.