Categories: Amakuru ya RCSSlider

Mu myaka 6 gusa, itsinda rya muzika rya RCS rigeze ku rwego rushimishije

Umuyobozi w’iri shami rya muzika, Chief Inspector Francis Nkubito, avuga ko ryatangiye ari rito cyane rigizwe n’abacuranzi 17 gusa, ariko ubu rikaba rifite abacuranzi bagera kuri 79 bacuranga ibikoresho bya muzika bitandukanye ku buryo ubu ribasha guhesha ishema n’icyubahiro RCS mu birori.

Chief Inspector Francis Nkubito, Umuyobozi w’itsinda ry’umuziki rya RCS

Chief Inspector Nkubito asobanura ko iri tsinda ryihariye rimaze kugira ibikoresho byinshi kuko buri mwaka bagenerwa ingengo y’imari yo kugura ibigezweho ari nayo mpamvu rimaze gutera imbere cyane ugereranyije n’igihe rimaze ritangiye, rikaba rigeze ku rwego rwo gucuranga aho ari ho hose mu birori kuko rigitangira bitashobokaga.

Ati: “buri mwaka ‘RCS Band’ igira amafaranga bayigenera kugira ngo ibashe kwiyubaka, kugura ibikoresho dukoresha mu gucuranga, kugura impuzankano twambara mu birori bitandukanye.”  Yongeyeho ko n’ubwo bafite aho bageze iterambere rigikomeje, ati: “ubu turi 79 ariko twifuza ko twagera ku bacuranzi 180, dufite intego yuko tuzagura n’ibikoresho bicye tudafite no gutegura abarimu bazajya bigisha abandi umuziki bidasabye kubashaka ahandi.”

Iri tsinda rya muzika rigizwe n’abasore n’inkumi bitoreza hamwe gucuranga ibikoresho bitandukanye.

Senior Sergeant Niyirora Matabaro Vincent ucuranga Saxophone na Warder Teta Noella uvuza ingoma akaba anatwara inkoni yo mu karasisi bombi bagize iri tsinda ry’umuziki, bavuga ko bo n’abagenzi babo bitoza gucuranga kuva kuwa Mbere kugeza kuwa Gatanu hanyuma bagatangira gukora isuku yabo n’iyibikoresho bacuranga mu mpera z’icyumweru.

Bavuga ko gucuranga ari ibintu bakunda cyane ndetse ko ariyo mpamvu babikora neza ku rwego  ibirori byose bibereye muri RCS babisusurutsa kakahava. SSGT Niyirora ati, “soxaphone ni igikoresho nifashisha ncuranga ijwi riremereye (Bass), dutumirwa gucuranga iyo habayeho ibirori nko mu gihe cyo gusoza amasomo no kurahira ku bakozi barangije amahugurwa (pass out), kujya gucuranga mu bukwe bw’abofisiye bacu, hakaba n’indirimbo ducurangira abayobozi bakomeye n’abanshyitsi b’ibyubahiro mu rwego rwo kubakira.”

Iri tsinda rimaze kuba rinini n’ibikoresho by’umuziki ni byinshi kandi bigezweho.

Itsinda ricuranga ijwi rya ‘bass’ hakoreshejwe Saxophene.

ibi byuma by’umuziki uko bihurijwe hamwe ni ko umuziki uryoha kandi umvikana.

Bemeza ko kwiyumvamo ibyo bakora ni byo bituma babikora neza.

Haba hari amatsinda atandukanye hakurikijwe igikoresho buri tsinda ricuranga.

Itsinda ry’umuziki rya RCS ryitoza gucuranga kuva ku wa mbere kugeza ku wa 5 mu cyumweru.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.