Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Bwami bwa Eswatini

Ni ubutumire bwahuriranye n’umunsi Mukuru uba buri mwaka muri icyo gihugu, wahariwe kwita ku mfungwa n’abagororwa, CGP Marizamunda Komiseri Mukuru wa RCS, akaba ari bwitabire uwo muhango aho mushyitsi mukuru ari bube ari Umwami Mswati III, kuko ari nawe Komiseri w’Ikirenga w’urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’abagororwa, uwo muhango muri rusange uba wibanda kubyagezweho n’urwo rwego ndetse na gahunda zo kugorora n’uburyo bwanozwa ibitagenda neza bigahinduka hagamije iterambere.

Uyu muhango witabiriwe n’Umwami w’ubwami bwa Eswatini uyu mwaka wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Kuvugurura ibikorwaremezo biganisha ku kugorora hagamijwe mpinduka nziza.” Kuburyo ibyo bikorwaremezo bizaba bijyanye n’iterembere rigezweho rinorohereza abari muri za gereza.

Biteganyijwe ko nyuma y’uyu muhango haza kuba ibiganiro hagati y’aba ba komiseri babiri, aho bazaganira ku bijyanye n’uburyo bugezweho bwo kugorora bitandukanye nuko mbere byakorwaga, cyane ku bijyanye n’ikoranabuhanga mu guha abari muri gereza serivisi inoze ntawe usigaye inyuma.

Hari n’abandi bakomiseri bakuru b’ibindi bihugu nabo bitabiriye uwo muhango bari bahawe ubutumire na Komiseri Mukuru w’urwego rushinzwe kugorora mu bwami bwa Eswatini, baturutse muri Botswana, Zimbabwe na Uganda.

CGP Juvenal Marizamunda arikumwe n’abandi bakomiseri b’ibindi bihugu mu bwami bwa Eswatini.
Abitabiriye umunsi mukuru wahariwe urwego ushinzwe kugorora mu bwami bwa Eswatini.
Iyi niyo yari intego y’uyu munsi, mu muhango uribwitabirwe n’Umwami Mswati III w’ubwami bwa Eswatini.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.