Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana 22 bagororerwa kuri gereza y’abana ya Nyagatare bazindukiye mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza

Bimaze kumenyerwa ko buri mwaka, hari abana baba bafungiye muri gereza y’abana ya Nyagatare bakorana n’abandi ibizamini bisoza ibyicyiro bitandukanye, haba mu bisoza amashuri abanza ndetse n’ayisumbuye  bize mu mashuri atandukanye, ku kigo kiri hafi y’aho iyo gereza iba iherereye mu buryo bwo kubafasha kudakora urugendo rurerure bitewe n’uko bakora ibizamini bataha kuri gereza, hakaba hakunze kwifashishwa ikigo cya GS Nyagatare kuko aricyo kiri hafi.

Umwana iyo aje gufungwa haba hari uburenganzira bwe bugikomeza, cyane ko aba afatwa nk’aho atarakomera mu bwonko bwe ndetse ko rimwe na rimwe aba yarakoreshejwe icyo cyaha n’ubwana kubera kutamenya, iyo bakigera muri gereza rero bitewe n’igihano uwo mwana yahawe uko kingana, bamuhitishamo kwiga mu mashuri asanzwe cyangwa se akiga imyuga kuko umwuga wigwa igihe gito. Abahisemo kwiga mu mashuri asanzwe bitewe n’uko hari ibyiciro bibiri bifasha abo bana aribyo: Icyiciro rusange ndetse n’amashuri abanza, iyo abiga muri ibyo byiciro bageze igihe cyo gukora ibizamini bajya gukorera hamwe n’abandi bana biga mu bindi bigo.

Usanga abana babyishimiye kuko abatsinze ibyo bizamini cyane nk’abo mucyiciro rusange, bahabwa imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda bagakomereza amashuri yabo mu bindi bigo kuko nta kindi cyiciro gihari ndetse by’akarusho ntanumwe uratsindwa kuva byatangira.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.