Bimaze kumenyerwa ko buri mwaka, hari abana baba bafungiye muri gereza y’abana ya Nyagatare bakorana n’abandi ibizamini bisoza ibyicyiro bitandukanye, haba mu bisoza amashuri abanza ndetse n’ayisumbuye bize mu mashuri atandukanye, ku kigo kiri hafi y’aho iyo gereza iba iherereye mu buryo bwo kubafasha kudakora urugendo rurerure bitewe n’uko bakora ibizamini bataha kuri gereza, hakaba hakunze kwifashishwa ikigo cya GS Nyagatare kuko aricyo kiri hafi.
Umwana iyo aje gufungwa haba hari uburenganzira bwe bugikomeza, cyane ko aba afatwa nk’aho atarakomera mu bwonko bwe ndetse ko rimwe na rimwe aba yarakoreshejwe icyo cyaha n’ubwana kubera kutamenya, iyo bakigera muri gereza rero bitewe n’igihano uwo mwana yahawe uko kingana, bamuhitishamo kwiga mu mashuri asanzwe cyangwa se akiga imyuga kuko umwuga wigwa igihe gito. Abahisemo kwiga mu mashuri asanzwe bitewe n’uko hari ibyiciro bibiri bifasha abo bana aribyo: Icyiciro rusange ndetse n’amashuri abanza, iyo abiga muri ibyo byiciro bageze igihe cyo gukora ibizamini bajya gukorera hamwe n’abandi bana biga mu bindi bigo.
Usanga abana babyishimiye kuko abatsinze ibyo bizamini cyane nk’abo mucyiciro rusange, bahabwa imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda bagakomereza amashuri yabo mu bindi bigo kuko nta kindi cyiciro gihari ndetse by’akarusho ntanumwe uratsindwa kuva byatangira.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.