Categories: Amakuru ya RCSSlider

Imwe mu mirimo y’amaboko dukorera mu Igororero idufasha kunguka ubumenyi,kutigunga no kuruhura ubwonko”Mukakomeza Aloysia”

Hari imyuga myinshi itandukanye ushobora kwigira mu Igororero ikazagufasha usubiye muri sosiyete, bitewe nuwo wawukurikiranye neza kandi warinjiyemo mu Igororero utawuzi ndetse ukagufasha kutihugiraho no kuruhuka mu bwonko mu gihe uri kuwukurikirana, urugero ni nk’uturimo duto tw’amaboko abagore bakunda gukora aritwo nko kuboha imitako, kuboha ibiseke, gukora amasaro n’ibindi bitandukanye by’imirimbo bikundwa n’abantu ku masoko kuko akenshi usanga biboneka hake, hari n’indi myuga ihigirwa harimo ubwubatsi, gukora amazi n’amashanyarazi, gusudira, kudoda, ikoranabuhanga, ubukanishi, gutunganya imisatsi n’iby’ubwiza, bikaba byigwa nta kiguzi cyatswe ubikurikiran.

Iyo uganiriye na bamwe mubari mu magororero baba abagore n’abagabo bakora imirimo y’amaboko, bakubwira ko iyo wiga ibi bintu twavuze haruguru ukoresha ubwonko kugira ngo ubimenye, muri uko gutekereza bigatuma utihugiraho cyangwa ngo utekereze ku bihano uri gukora ukungukiramo ubumenyi ukanaruhura ubwonko. Abagore bo mu Igororero rya Nyamagabe duheruka kuganira batubwiye ko uretse no kuba bibafasha gutuma bakora ibihano byabo banabifitemo inyungu kuko ibyo bakoze bijyanywa ku isoko bikagurishwa ibivuyemo bagahabwaho 20% n’ubuyobozi bw’Igororero bakayifashisha bagura muri bimwe mu bikoresho baba bakeneye muri cantine bidasabye ko bahamagara imiryango.

Mukakomeza Aloysia, umwe mu bagororerwa mu Igororero rya Nyamagabe aravuga ko yaje gufungwa nta mwuga n’umwe azi agazemo yiga kudoda ubu ni umwarimu ufasha abandi.

Yagize ati” Ndatangira nshima Leta yacu kuko ari umubyeyi, ninjiye mu Igororero nta mwuga numwe nzi, ngezemo ngirirwa icyizere ntoranywa  mubari bagiye gutangira kwiga umwuga w’ubudozi nkurikirana ayo amasomo, nsoza mubagize amanota meza ubuyobozi bunsaba ko najya mfasha bagenzi banjye bagitangira, ubu ndi umwe mu barimu b’abagororwa bafasha abandi bagitangira kwiga kudoda, mubyukuri umwuga nigiye hano ninsoza ibihano nsubiye mubuzima busanzwe uzafasha kwiteza imbere nteze imbere umuryango wanjye ndetse n’igihugu muri rusange.ubundi uku niko kugorora kwa nyako uha umuntu ubumenyi buzamufasha ntazongere kuba umutwaro kuri Leta.”

Mu Igororero si ahantu habi nkuko benshi baba babitekereza kuko uburenganzira bwa muntu ku bantu barimo burubahirizwa ndetse iyo uhitwaye neza ushobora kuzasoza ibihano byawe hari n’ubumenyi wahungukiye bwagusha kwiteza imbere ndetse ukanagira uruhare mu Iterambere ry’Igihugu.

Mu Igororero ushobora kuhungukira ubumenyi butandukanye buzagufasha usubiye mu buzima busanzwe.

Uretse kuba bahungukira ubumenyi ibyo bakora iyo bigurishijwe hari 20% babonaho ikabagirira umumaro.

Aba biga gutunganya umusatsi n’ubwiza, umwuga biga bakunze kuko baziko uzabagirira akamaro basoje ibihano busubiye mu buzima busanzwe.
Abagore twaganiriye ni abo mu Igororero rya Nyamagabe bishimira uburyo bwiza bwo kugorora RCS, ishyize imbere ko iriyo nzira ya Nyayo.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

5 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.