Categories: Amakuru ya RCSSlider

20% y’amafaranga bakura mu kuboha uduseke n’imitako abafatiye runini mu Igororero

Abagore bakora umwuga wo kuboha uduse n’indi mitako itandukanye bavuga ko uyu mwuga ubafitiye akamaro kanini haba mu buryo bw’amafanga ndetse n’ubuzima muri rusange.

Bavuga ko umugororwa wese ukora uyu mwuga adashobora kubura bimwe mu bikoresho nkenerwa n’iyo yaba adasurwa n’imiryango ye. Uwaboshye agaseke wese iyo kagurishijwe ahabwaho 20% y’ayo kagurishijwe andi akagurwamo ibikoresho byo kubohesha utundi. Ibi bifasha uwakaboshye kubona ibikoresho bimwe na bimwe akeneye kandi atabereye umutwaro abo mu muryango we.

Ababoha uduseke baboneka mu byiciro byose , abakuze n’abato bose bisangamo.

Uwisize Francine umwe mu bagororwa uboha uduseke muri iri Gororero avuga ko atari mu buryo bw’amikoro gusa ubu buboshyi bubafashamo, ahubwo bunabafasha mu buryo bw’imitekerereze no kugorora umubiri.

Ati “kuboha uduseke kuri twe bidufatiye runini muri ubu buzima tuba turimo. Iyo twaboshye aka gaseke tubonaho 20% kandi ibikoresho byose ni igororero ribidushakira nta gishoro dusabwa. Ntitujya tubura amavuta yo kwisiga cyangwa isukari kuko ayo dukura muri aka kazi byose arabidukemurira kandi tutagoye imiryango yacu.”

Yakomeje agira ati “Uretse kuba bidufasha mu buryo bw’amikoro, kuboha uduseke bidufasha kugira imitekerereze myiza no kugorora umubiri, kuko iyo twasohotse tukaza hano kuboha, tuba tuganira, bikaturinda kwitekerezaho n’amasaha akicuma ntitumenye uko umunsi wije. Ikindi kandi iyo turi aha n’imibiri yacu iba ikora siporo ku buryo nta ndwara za hato na hato zipfa kudufata.”

Mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe abahagororerwa bakora imyuga itandukanye ibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi ndetse bikanafasha Igororero na RCS kugera ku ntego yayo yo kugorora umuntu akazarangiza ibihano bye yarahindutse umuturage mwiza.

Abagororwa mu Igororero rya Nyamagabe baboha imitako n’ibindi bikoresho bitandukanye.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.