Categories: Amakuru ya RCSSlider

Imirimo yo kubaka aho abasigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo bategurwa gusubira mu buzima busanzwe irarimbanyije

Umushinga wo gufata Umuntu Ufunzwe usigaje igihe gito ngo asoze ibihano bye asubire mu buzima busanzwe (Half Way  Home Social Reintegration), ni gahunda leta y’u Rwanda iri gushiramo ingufu nyinshi, mu rwego rwo gutegura umuntu wari umaze igihe ari mu Igororero, agiye gusoza ibihano ngo asubire mu buzima busanzwe, azajya abanza, anyure muri icyo kigo igihe, yigishwa gahunda za leta, ubureremboneragihu, imyuga itandukanye izabafasha kwibeshaho bageze mu buzima busanzwe.

Uyu mushinga ugiye gutangirira mu ntara y’Iburasirazuba mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Muhazi, aho imirimo yo gutunganya ahazubakwa  inyubako zizakira abitegura gusubira mu buzima busanzwe irimbanyije, abazajya bahazanwa ni ababura igihe gito ngo basoze ibihano byabo bari mu magororero yose mu gihugu, bakazajya bakusanyirizwa aho hantu hateganyijwe, ndetse muri icyo gihe abazaba bari muri icyo kigo imiryango yabo izaba yemerewe kubageraho, bagahabwa umwanya uhagije wo kuganira, mu rwego rwo gusabana bakazasoza ibihano baramaze kwiyumva mu muryango nyarwanda.

Uyu mushinga ujya gutekerezwaho, byaturutse kuri bamwe basoza ibihano by’ibyaha bakoze ariko kubera kutamenya gahunda za Leta no kuba basanze iterambere ryarabasize, mu gihe gito ugasanga bagarutse mu Igororero, leta ibona ko hari icyakorwa mu rwego rwo kwita ku baturage bayo nkuko umuturage wayo buri gihe ahora ku isonga.

Imirimo yo gusiza ahazubakwa inyubako zahazajya hakira abasigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo yaratangiye.

Itsinda ryari ryagiye gusura aho inyubako izashyirwa ndatse n’aho imirimo yo gusiza igeze.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.