Umushinga wo gufata Umuntu Ufunzwe usigaje igihe gito ngo asoze ibihano bye asubire mu buzima busanzwe (Half Way Home Social Reintegration), ni gahunda leta y’u Rwanda iri gushiramo ingufu nyinshi, mu rwego rwo gutegura umuntu wari umaze igihe ari mu Igororero, agiye gusoza ibihano ngo asubire mu buzima busanzwe, azajya abanza, anyure muri icyo kigo igihe, yigishwa gahunda za leta, ubureremboneragihu, imyuga itandukanye izabafasha kwibeshaho bageze mu buzima busanzwe.
Uyu mushinga ugiye gutangirira mu ntara y’Iburasirazuba mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Muhazi, aho imirimo yo gutunganya ahazubakwa inyubako zizakira abitegura gusubira mu buzima busanzwe irimbanyije, abazajya bahazanwa ni ababura igihe gito ngo basoze ibihano byabo bari mu magororero yose mu gihugu, bakazajya bakusanyirizwa aho hantu hateganyijwe, ndetse muri icyo gihe abazaba bari muri icyo kigo imiryango yabo izaba yemerewe kubageraho, bagahabwa umwanya uhagije wo kuganira, mu rwego rwo gusabana bakazasoza ibihano baramaze kwiyumva mu muryango nyarwanda.
Uyu mushinga ujya gutekerezwaho, byaturutse kuri bamwe basoza ibihano by’ibyaha bakoze ariko kubera kutamenya gahunda za Leta no kuba basanze iterambere ryarabasize, mu gihe gito ugasanga bagarutse mu Igororero, leta ibona ko hari icyakorwa mu rwego rwo kwita ku baturage bayo nkuko umuturage wayo buri gihe ahora ku isonga.
Imirimo yo gusiza ahazubakwa inyubako zahazajya hakira abasigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo yaratangiye.
Itsinda ryari ryagiye gusura aho inyubako izashyirwa ndatse n’aho imirimo yo gusiza igeze.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.