Categories: Amakuru ya RCSSlider

Igihano cy’imirimo y’inyungu rusange kiri mu bigiye kugabanya ubucucike mu magororero

Ubucucike mu magororero bumaze iminsi bugarukwaho cyane n’inzego zitandukanye, biturutse ku mubare munini wabakora ibyaha wiyongera umunsi ku munsi, mu rwego rwo gukomeza gushaka ibisubizo n’umuti urambye kuri iki kibazo cy’ubwiyongere bw’abaza mu magororero, hari ibisubizo byagiye bishakwa birimo nk’ifungurwa ry’agateganyo ry’uwakatiwe, Imbabazi za nyakubahwa Perezida wa Repuburika hakaba hiyongereyeho n’iteka rya Perezida rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange ku bantu bakatiwe icyo gihano n’urukiko, ubu bukaba ari bumwe mu buryo bwiza bugiye kugabanya ikibazo cy’ubucucike cyari kimaze gufata indi ntera mu magororero amwe n’amwe, ibi bikaba byitezweho kuzatanga umusaruro kuko hari benshi bazasohoka, bakajya mu mirimo y’inyungu rusange ndetse n’ibibagendaho bikagabanuka kuko hari abazajya bakora bataha iwabo

Imirimo y’inyungu rusange si inkuru nshya ku Banyarwanda, kuko hari hasanzwe icyo gihano mu itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ahubwo kubera ko nta tegeko rigena uburyo bwo gukora icyo gihano ntibyashyirwaga mu bikorwa ariko ubu hashingiwe  ku iteka rya Perezida no 022/01 ryo ku wa 31/03/2023, rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange, riheruka gusohoka ribisobanura, kigiye gutangira gukurikizwa gusa hakazajya habaho ubufatanye ku nzego zitandukanye zirimo izibanze ndetse n’uzumutekano kandi tutibagiwe n’abaturage muri rusange.

Muri iri tegeko hateganyijwe ko Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora, RCS, ruzajya rukora urutonde rw’abakatiwe igihano cy’imirimo y’inyungu rusange rukarushyikiriza Akarere babarizwamo, ako karere kakamenyesha nyiri gihano itariki agomba  gutangiriraho igihano naho kizakorerwa ubundi agakurikiranwa na RCS mu gihe yatangiye imirimo ariko hakaba ubufatanye umunsi ku munsi kugirango bamenye niba uwahawe icyo gihano agikora neza yaba adakora uko bikwiriye inzego bireba zigafata umwanzuro.

Muri iri teka kandi rivuga ko RCS, ifatanyije n’Akarere bireba, igena ahantu hashyirwa ingando z’abantu bakatiwe igihano cy’imirimo y’inyungu rusange mu gihe isanze ari bwo buryo bukwiriye gukoreshwa.

Imirimo rusange izatuma ubucucike mu Magororero bwari bumaze gufata indi ntera bugabanuka.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.