Categories: Amakuru ya RCSSlider

Igihano cy’imirimo y’inyungu rusange kiri mu bigiye kugabanya ubucucike mu magororero

Ubucucike mu magororero bumaze iminsi bugarukwaho cyane n’inzego zitandukanye, biturutse ku mubare munini wabakora ibyaha wiyongera umunsi ku munsi, mu rwego rwo gukomeza gushaka ibisubizo n’umuti urambye kuri iki kibazo cy’ubwiyongere bw’abaza mu magororero, hari ibisubizo byagiye bishakwa birimo nk’ifungurwa ry’agateganyo ry’uwakatiwe, Imbabazi za nyakubahwa Perezida wa Repuburika hakaba hiyongereyeho n’iteka rya Perezida rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange ku bantu bakatiwe icyo gihano n’urukiko, ubu bukaba ari bumwe mu buryo bwiza bugiye kugabanya ikibazo cy’ubucucike cyari kimaze gufata indi ntera mu magororero amwe n’amwe, ibi bikaba byitezweho kuzatanga umusaruro kuko hari benshi bazasohoka, bakajya mu mirimo y’inyungu rusange ndetse n’ibibagendaho bikagabanuka kuko hari abazajya bakora bataha iwabo

Imirimo y’inyungu rusange si inkuru nshya ku Banyarwanda, kuko hari hasanzwe icyo gihano mu itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ahubwo kubera ko nta tegeko rigena uburyo bwo gukora icyo gihano ntibyashyirwaga mu bikorwa ariko ubu hashingiwe  ku iteka rya Perezida no 022/01 ryo ku wa 31/03/2023, rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange, riheruka gusohoka ribisobanura, kigiye gutangira gukurikizwa gusa hakazajya habaho ubufatanye ku nzego zitandukanye zirimo izibanze ndetse n’uzumutekano kandi tutibagiwe n’abaturage muri rusange.

Muri iri tegeko hateganyijwe ko Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora, RCS, ruzajya rukora urutonde rw’abakatiwe igihano cy’imirimo y’inyungu rusange rukarushyikiriza Akarere babarizwamo, ako karere kakamenyesha nyiri gihano itariki agomba  gutangiriraho igihano naho kizakorerwa ubundi agakurikiranwa na RCS mu gihe yatangiye imirimo ariko hakaba ubufatanye umunsi ku munsi kugirango bamenye niba uwahawe icyo gihano agikora neza yaba adakora uko bikwiriye inzego bireba zigafata umwanzuro.

Muri iri teka kandi rivuga ko RCS, ifatanyije n’Akarere bireba, igena ahantu hashyirwa ingando z’abantu bakatiwe igihano cy’imirimo y’inyungu rusange mu gihe isanze ari bwo buryo bukwiriye gukoreshwa.

Imirimo rusange izatuma ubucucike mu Magororero bwari bumaze gufata indi ntera bugabanuka.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

8 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.