Ni amarushanwa agamije kureba abanyempano Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rufite, bakazabaheraho bashinga ikipe yabo, aho mu mikino y’ijonjora mu itsinda rya mbere yaberaga mu karere ka huye mu ntara y’amajyepfo, amakipe aturutse ku magororero ane ariyo Huye, Nyanza,Nyamagabe na Rusizi yahuye ikipe yitwaye neza ikaba ariyo izagera muri kimwe cya kabiri ndetse abitabiriye ayo majonjora bakaba babonyemo abakinnyi bafite impano bagera ku icyenda nkuko n’ahandi muyandi matsinda bizagenda.
Nkuko byagenze kuri aya makipe azaba yaritwaye neza mu majonjora, nayo azahurira muri kimwe cya kabiri tariki ya 01 Kamena 2023, nayo yongere ahure, hatoranywemo azagera ku mukino wa nyuma, azahurira ku mukino wa nyuma nayo havemo ikipe izatwara igikombe kizaba cyateguwe ku ikipe izaba yahize izindi, uyu mukino wa nyuma ukazabera kuri sitade ya Bugesera hagati y’itariki 8 na 9 Kamena 2023, aho ni naho hazatangirwa ibihembo byose ku makipe azaba yarahize ayandi ndetse n’abakinnyi bagaragaje ubuhanga.
Intego y’aya marushanwa hagati y’Amagororero, ni uguhuza abakozi bagatoranyamo abakinnyi beza bazi umupira w’amaguru hagatangizwa ikipe y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igororora, ikubakwa mu rwego rwo guha agaciro siporo kuko ari ubuzima.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.